Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Abikorera Barashaka Gufasha Guverinoma Kubaka Gari Ya Moshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abikorera Barashaka Gufasha Guverinoma Kubaka Gari Ya Moshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 November 2024 11:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Aimable Kimenyi
SHARE

Abagize urugaga rw’abikorera ku giti cyabo bo mu Rwanda baherutse gutangaza ko bazatanga umusanzu ufatika mu kubaka umuhanda wa gari ya moshi u Rwanda ruteganya kubaka ku bufatanye n’Ubushinwa.

Ni umushinga uzaba ufite ingengo y’imari ya Miliyari $1,5, ukazubakwa ndetse ku bufatanye na Tanzania kuko ari yo izubaka igice cyayo kirekire.

Tanzania yo izatanga Miliyari $2,5.

Umujyanama muri Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda witwa Gao Zhiqiang we yavuze ko Ubushinwa bwakwishimira gukorana n’u Rwanda ariko ikibazo ari imiterere igoye y’ubutaka bw’u Rwanda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hari taliki 10, Nzeri, 2024 ubwo yagiraga ati: “Ni umushinga mugari cyane; ni ikintu kinini ku bihugu bidakora ku nyanja nk’u Rwanda. Bisaba ibintu byinshi ngo uyu mushinga ushyirwe mu bikorwa  ku gice cy’u Rwanda bitewe by’umwihariko n’imiterere y’igihugu. Byatwara amafaranga menshi cyane kugira ngo wubake umuhanda wa gari ya moshi uvuye mu bindi bice kugera mu Rwanda ndetse n’imbere mu gihugu ubwaho”.

Umwe mu bashoramari mu Rwanda witwa Kimenyi Aimable akaba na Visi Perezida w’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), yagaragaje ko biteguye ‘gutanga umusanzu’ mu kubaka umuhanda wa gari ya moshi mu rwego rwo kugira ngo ubwikorezi bw’ibicuruzwa byabo bworohe.

Kimenyi avuga ko burya nta kidashoboka, akagaragaza ko niba hari ibiganiro hagati y’ibihugu birebwa n’iki kibazo haba hari icyizere ko ibintu bishoboka.

Yemeza ko abikorera biteguye gutanga umusanzu wabo n’iyo waba “idolari rimwe” kugira ngo uyu mushinga ushyirwe mu bikorwa.

Kuri we, uriya mushinga uzafasha mu kuzamura ishoramari n’ubucuruzi kuko gutumiza ibicuruzwa hanze bizoroha.

- Advertisement -

Ati: “Uvuze ngo ikintu kirahenze, uba ugiye ku ruhande rumwe. Ibi biganiro rero mwabonye aha ngaha, bigiye kujya muri icyo gikorwa, ntibyongere kuba gusa ngo ‘Guverinoma y’u Rwanda, Guverinoma y’u Bushinwa bagiye gusinyana amasezerano’, bahite bajya kubaka.”

Kuba ari abacuruzi bazatumiza ibicuruzwa bikabageraho bije na gari ya moshi, Kimenyi asanga ari impamvu yumvikana yagombye gutuma abakorera ku giti bagira uruhare mu iyubakwa rya kiriya gikorwaremezo.

Ati: “Twebwe nk’abacuruzi bo mu Rwanda ni twebwe tuzatwara ibintu muri iyo gari ya moshi, abacuruzi bo mu Bushinwa ni bo bazatwoherereza ibyo bicuruzwa. None se niba ari iyo mbogamizi itubuza, kuki tutakwicarana hamwe ngo tubikorere hamwe? Ibyo ni byo twasobanuriye abayobozi bo mu Bushinwa ko bakwiye kureba ukundi babigenza bakagendera kuri icyo kintu cy’ubudasa bw’Abanyarwanda n’ubunararibonye bw’Abashinwa”.

Umubano w’u Rwanda n’u Bushinwa umaze imyaka 53.

Muri Nzeri 2024, ishoramari Abashinwa bashoye mu Rwanda ryageze kugera ku gaciro ka miliyari $1,2.

Abanyarwanda na bo bagurisha mu Bushinwa ibicuruzwa bitandukanye birimo ikawa n’icyayi, ugereranyije no mu mwaka 2022, agaciro k’ibyo Abashinwa baguze mu Rwanda mu mwaka wa 2023 kiyongereyeho 86%.

TAGGED:AbanyarwandaAbashinwafeaturedGariUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Centrafrique: RDF Yahuguye Abagore Uko Ihohoterwa Rishingiye Ku Gitsina Rirwanywa
Next Article Trump Yiyemeje Kuzazonga Ubushinwa Mu By’Ubucuruzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?