Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Abikorera Barashaka Gufasha Guverinoma Kubaka Gari Ya Moshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abikorera Barashaka Gufasha Guverinoma Kubaka Gari Ya Moshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 November 2024 11:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Aimable Kimenyi
SHARE

Abagize urugaga rw’abikorera ku giti cyabo bo mu Rwanda baherutse gutangaza ko bazatanga umusanzu ufatika mu kubaka umuhanda wa gari ya moshi u Rwanda ruteganya kubaka ku bufatanye n’Ubushinwa.

Ni umushinga uzaba ufite ingengo y’imari ya Miliyari $1,5, ukazubakwa ndetse ku bufatanye na Tanzania kuko ari yo izubaka igice cyayo kirekire.

Tanzania yo izatanga Miliyari $2,5.

Umujyanama muri Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda witwa Gao Zhiqiang we yavuze ko Ubushinwa bwakwishimira gukorana n’u Rwanda ariko ikibazo ari imiterere igoye y’ubutaka bw’u Rwanda.

Hari taliki 10, Nzeri, 2024 ubwo yagiraga ati: “Ni umushinga mugari cyane; ni ikintu kinini ku bihugu bidakora ku nyanja nk’u Rwanda. Bisaba ibintu byinshi ngo uyu mushinga ushyirwe mu bikorwa  ku gice cy’u Rwanda bitewe by’umwihariko n’imiterere y’igihugu. Byatwara amafaranga menshi cyane kugira ngo wubake umuhanda wa gari ya moshi uvuye mu bindi bice kugera mu Rwanda ndetse n’imbere mu gihugu ubwaho”.

Umwe mu bashoramari mu Rwanda witwa Kimenyi Aimable akaba na Visi Perezida w’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), yagaragaje ko biteguye ‘gutanga umusanzu’ mu kubaka umuhanda wa gari ya moshi mu rwego rwo kugira ngo ubwikorezi bw’ibicuruzwa byabo bworohe.

Kimenyi avuga ko burya nta kidashoboka, akagaragaza ko niba hari ibiganiro hagati y’ibihugu birebwa n’iki kibazo haba hari icyizere ko ibintu bishoboka.

Yemeza ko abikorera biteguye gutanga umusanzu wabo n’iyo waba “idolari rimwe” kugira ngo uyu mushinga ushyirwe mu bikorwa.

Kuri we, uriya mushinga uzafasha mu kuzamura ishoramari n’ubucuruzi kuko gutumiza ibicuruzwa hanze bizoroha.

Ati: “Uvuze ngo ikintu kirahenze, uba ugiye ku ruhande rumwe. Ibi biganiro rero mwabonye aha ngaha, bigiye kujya muri icyo gikorwa, ntibyongere kuba gusa ngo ‘Guverinoma y’u Rwanda, Guverinoma y’u Bushinwa bagiye gusinyana amasezerano’, bahite bajya kubaka.”

Kuba ari abacuruzi bazatumiza ibicuruzwa bikabageraho bije na gari ya moshi, Kimenyi asanga ari impamvu yumvikana yagombye gutuma abakorera ku giti bagira uruhare mu iyubakwa rya kiriya gikorwaremezo.

Ati: “Twebwe nk’abacuruzi bo mu Rwanda ni twebwe tuzatwara ibintu muri iyo gari ya moshi, abacuruzi bo mu Bushinwa ni bo bazatwoherereza ibyo bicuruzwa. None se niba ari iyo mbogamizi itubuza, kuki tutakwicarana hamwe ngo tubikorere hamwe? Ibyo ni byo twasobanuriye abayobozi bo mu Bushinwa ko bakwiye kureba ukundi babigenza bakagendera kuri icyo kintu cy’ubudasa bw’Abanyarwanda n’ubunararibonye bw’Abashinwa”.

Umubano w’u Rwanda n’u Bushinwa umaze imyaka 53.

Muri Nzeri 2024, ishoramari Abashinwa bashoye mu Rwanda ryageze kugera ku gaciro ka miliyari $1,2.

Abanyarwanda na bo bagurisha mu Bushinwa ibicuruzwa bitandukanye birimo ikawa n’icyayi, ugereranyije no mu mwaka 2022, agaciro k’ibyo Abashinwa baguze mu Rwanda mu mwaka wa 2023 kiyongereyeho 86%.

TAGGED:AbanyarwandaAbashinwafeaturedGariUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Centrafrique: RDF Yahuguye Abagore Uko Ihohoterwa Rishingiye Ku Gitsina Rirwanywa
Next Article Trump Yiyemeje Kuzazonga Ubushinwa Mu By’Ubucuruzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Nyuma Y’Imyaka Babana, Sonia Rolland Yakoze Ubukwe Ashagawe N’Abakobwa Be

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Yabwiye UN Ko Igihe Kigeze Afurika Igahagararirwa Mu Kanama Kayo K’Umutekano

Ambasaderi Nyamvumba Yahaye Rayon Sports Umukoro

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

You Might Also Like

IbidukikijeMu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Hatangijwe Ihuriro Ry’Abashoramari Bo Mu Bwongereza Bakorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Ivuga Ko Isiganwa Rya UCI Ryasukuye Ikirere Cya Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukunguUmutekano

RIB Yavumbuye Amayeri Akomeye Bakoresha Biba Amadolari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?