Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Ahavungirwa Amadolari ($) Hafunzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda: Ahavungirwa Amadolari ($) Hafunzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 October 2023 7:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikibazo cy’amadolari($) make ku isoko ry’ivunjisha ry’u Rwanda cyafashe intera ndende k’uburyo hari bamwe mu bayavunjaga bayimana ariko nabo bakavuga ko ntayo bafite.

Icyakora Banki nkuru y’igihugu yo yasanze ibyo abo bakora ari urwitwazo kugira ngo bazayagurishe yahenze kandi ngo ibyo si byo!

Bagenzi bacu ba Kigali Today babajije Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda impamvu z’iki kibazo kimaze gukura cyane.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa, avuga ko ibyo atari byo, ko ahubwo abakeneye Amadolari ari benshi ariko bitavuze ko abayacuruza bayabuze burundu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Rwangombwa avuga ko amadolari atabuze k’uburyo umuntu yakwemeza yabuze burundu.

Ati: “… Ntabwo amadolari yabuze burundu ku isoko ku buryo uwayakenera atayabona. Ahubwo kuva mu kwezi kwa Kamena uyu mwaka, abakeneye amadolari bariyongereye gusa ntibikuraho ko abakora ubwo bucuruzi bakomeza gukora. Abavuga ko yabuze burundu barabeshya.”

Avuga ko buri cyumweru hacuruzwa miliyoni $ 10, akavuga ko ibyo byerekana ko amadolari ahari, ko abavuga ko yacitse ku isoko bavuga ibinyoma.

Ndetse yungamo ko amadolari($) ahari ugereranyije n’uko byari bimeze muri Kamena na Nyakanga.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda avuga ko hagaragaye amanyanga mu bucuruzi bw’amadolari($) abayafite  bakayimana nkana.

- Advertisement -

Avuga ko hakozwe ubugenzuzi, aho bigaragaye bafatirwa ingamba.

Guverineri wa Banki nkuru y’u Rwanda avuga ko mu Cyumweru gishize hakozwe ubugenzuzi, abakozi b’iyi Banki bagana ahacururizwa amafaranga y’amahanga(Forex Bureaux)  bashaka amadolari ariko barayabima.

Avuga ko batunguwe no kubona ko amadolari yimanwa kandi haza abandi bantu nyuma bakayabaha.

Rwangomba ati “ …Dutungurwa n’uko bayabimana nyamara bayafite, nyuma haza abandi nyuma bakayabaha. Ibyo rero twarabibonye na cameras zabo zirabyerekana ndetse bamwe baranahanwa abandi barahagarikwa…”

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa

Avuga ko mu gihe cy’iminsi irindwi hari ahantu nk’aho hatandatu Banki nkuru y’u Rwanda yafunze, ahandi 10 hahabwa ibihano birimo no gucibwa amande.

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ivuga ko abakora ubwo bucuruzi bakunze kwegerwa bakagirwa inama yo kudakora muri ubwo buryo kuko bigira ingaruka ku buzima bw’ifaranga ry’igihugu.

TAGGED:AmadolariAmafarangaBankifeaturedGuverineriRwangombwaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakozi Ba REG Bari Mu Biba Ibyuma By’Amashanyarazi-RIB
Next Article Kayonza: Kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga W’Ibiribwa Usanze Bihenze Ku Isoko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?