Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Ahavungirwa Amadolari ($) Hafunzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda: Ahavungirwa Amadolari ($) Hafunzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 October 2023 7:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikibazo cy’amadolari($) make ku isoko ry’ivunjisha ry’u Rwanda cyafashe intera ndende k’uburyo hari bamwe mu bayavunjaga bayimana ariko nabo bakavuga ko ntayo bafite.

Icyakora Banki nkuru y’igihugu yo yasanze ibyo abo bakora ari urwitwazo kugira ngo bazayagurishe yahenze kandi ngo ibyo si byo!

Bagenzi bacu ba Kigali Today babajije Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda impamvu z’iki kibazo kimaze gukura cyane.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa, avuga ko ibyo atari byo, ko ahubwo abakeneye Amadolari ari benshi ariko bitavuze ko abayacuruza bayabuze burundu.

Rwangombwa avuga ko amadolari atabuze k’uburyo umuntu yakwemeza yabuze burundu.

Ati: “… Ntabwo amadolari yabuze burundu ku isoko ku buryo uwayakenera atayabona. Ahubwo kuva mu kwezi kwa Kamena uyu mwaka, abakeneye amadolari bariyongereye gusa ntibikuraho ko abakora ubwo bucuruzi bakomeza gukora. Abavuga ko yabuze burundu barabeshya.”

Avuga ko buri cyumweru hacuruzwa miliyoni $ 10, akavuga ko ibyo byerekana ko amadolari ahari, ko abavuga ko yacitse ku isoko bavuga ibinyoma.

Ndetse yungamo ko amadolari($) ahari ugereranyije n’uko byari bimeze muri Kamena na Nyakanga.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda avuga ko hagaragaye amanyanga mu bucuruzi bw’amadolari($) abayafite  bakayimana nkana.

Avuga ko hakozwe ubugenzuzi, aho bigaragaye bafatirwa ingamba.

Guverineri wa Banki nkuru y’u Rwanda avuga ko mu Cyumweru gishize hakozwe ubugenzuzi, abakozi b’iyi Banki bagana ahacururizwa amafaranga y’amahanga(Forex Bureaux)  bashaka amadolari ariko barayabima.

Avuga ko batunguwe no kubona ko amadolari yimanwa kandi haza abandi bantu nyuma bakayabaha.

Rwangomba ati “ …Dutungurwa n’uko bayabimana nyamara bayafite, nyuma haza abandi nyuma bakayabaha. Ibyo rero twarabibonye na cameras zabo zirabyerekana ndetse bamwe baranahanwa abandi barahagarikwa…”

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa

Avuga ko mu gihe cy’iminsi irindwi hari ahantu nk’aho hatandatu Banki nkuru y’u Rwanda yafunze, ahandi 10 hahabwa ibihano birimo no gucibwa amande.

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) ivuga ko abakora ubwo bucuruzi bakunze kwegerwa bakagirwa inama yo kudakora muri ubwo buryo kuko bigira ingaruka ku buzima bw’ifaranga ry’igihugu.

TAGGED:AmadolariAmafarangaBankifeaturedGuverineriRwangombwaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakozi Ba REG Bari Mu Biba Ibyuma By’Amashanyarazi-RIB
Next Article Kayonza: Kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga W’Ibiribwa Usanze Bihenze Ku Isoko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?