Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Batandatu Bapfiriye Mu Kiyaga Cya Mugesera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Batandatu Bapfiriye Mu Kiyaga Cya Mugesera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 January 2024 7:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abantu barenga 40 bari mu bwato bwavaga mu mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma bagiye mu Murenge wa Karenge wo mu Karere ka Rwamagana barohamye batandatu barapfa.

31 barohowe mu gihe hari abandi bivugwa ko baburiwe irengero bagishakishwa.

Byabye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu taliki 26, Mutarama, 2024 mu kiyaga cya Mugesera gikora ku turere twa Rwamagana, Ngoma na Bugesera.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, SP. Twizeyimana Hamduni, yatangaje ko iyi mpanuka y’ubwato yatewe n’uko bwari buhetse abantu benshi.

Yavuze ko ubusanzwe ubwo bwato bwemerewe gutwara abantu 15 ariko hakaba hari harimo abantu bikekwa ko barenga 40 kongeraho n’imizigo yabo.

SP Hamdun Twizeyimana ati: “Ni impanuka yatewe no gutwara abantu benshi barenze ubushobozi bw’ubwato, ubwo bwato ni ibiti ariko bufite moteri rero abantu bwari butwaye bavaga Rukumberi berekeza Karenge, abenshi bahinga i Rukumberi bagataha Karenge.”

Ahagana saa 15h53 nibwo ubwato bwarohamye abapolisi bashinzwe umutekano wo mu mazi bahita bava mu Bugesera bajya gutabara babasha gukura mu mazi abantu 31 batandatu bo baabakuyemo bapfuye barimo batanu bakuru n’abana babiri.

SP Twizeyimana avuga ko abaturage bakomeje kuvuga ko hari abandi bantu bari mu mazi baburiwe irengero bakaba bagishakishwa.

Ubwato bwarohamye bwakoreshwaga na koperative izwi yitwa COODURAM kandi bwari bufite ubwishingizi bwo gutwara abantu 15 gusa.

SP Twizeyimana yasabye abakora umwuga wo gutwara abantu mu mazi kubahiriza amategeko, bagatwara abantu bambaye amakote abarinda, bagakoresha ubwato bwa moteri kandi bakanirinda guheka abantu benshi barusha ubushobozi ubwato batwara.

Imirambo y’abitabye Imana yajyanywe ku bitaro bya Rwamagana, abarohowe bo bakaba bajyanywe ku Kigo nderabuzima cya Karenge kugira ngo bitabweho n’abaganga.

TAGGED:AbantuBatandatufeaturedIkiyagaMugeseraPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kayonza: Bemeza Ko Isuku Mu Mashuri Bayigize Umuco
Next Article CP Kabera Yaburiye Ibigo Byigenga Bicunga Umutekano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

Rwanda:Abagore Bakina Shampiyona Y’Umupira W’Amaguru Banenga Imisifurire

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Ntizemerewe Gucumbikirwa Mu Miryango 

Abanyaburayi Batinye Gukora Ku Mafaranga Y’Uburusiya Ngo Bayahe Ukraine

Ikawa Niyo Yinjirije u Rwanda Menshi Mu Bihingwa Rwagurishije Mu Mahanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Yemeje Urwego Rwemerewe Kwita Ku Mbuto

M23 Yemeye Kuva Muri Uvira Ariko Igira Ibyo Isaba…

Guinée-Bissau: Inshuti Y’Uwahoze Ari Perezida Yafatiwe Mu Ndege Afite Ivarisi Yuzuye Amafaranga

Ruhango: Bakurikiranyweho Kwica Urubozo Uwo Bafitanye Isano

Uburundi Buvuga Ko Nibiba Ngombwa Buzarwana N’u Rwanda 

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubufaransa: Muganga Yahamijwe Icyaha Cyo Kuroga Abarwayi Bagapfa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Ziva Muri DRC Zirugarijwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gakenke: Baratakambira Ubuyobozi Ngo Bububakire Ikiraro Cyambuka Umugezi Wa Base

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Uko Urwego Rw’Ubuzima Bw’Abanyarwanda Ruteye Mu Myaka Itanu Ishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?