Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 September 2025 10:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Izi ndege zizajya zigeza ibicuruzwa ku banyamujyi babishaka.
SHARE

Ikigo Zipline gifite icyicaro gikuru muri Amerika cyatangaje ko ishami ryacyo ryo mu Rwanda rigiye gutangiza gahunda yo kugeza ibicuruzwa mu ngo z’abaturage cyanecyane abo mu mijyi.

Ibyo bicuruzwa ni ibiribwa, imiti cyangwa ibindi bikorerwa mu nganda ariko bicuruzwa mu maduka yo mu Rwanda.

Iyi mikorere izatangira mu mwaka wa 2026, iki kigo kikaba cyabitangaje nyuma gato yo kumurika ubwoko bw’izo drones zizakora ako kazi, hari mu imurikabikorwa ryabereye i Kigali ubwo hateranaga Inama mpuzamahanga ku by’indege.

Perezida Paul Kagame niwe wayitangije mu Cyumweru gishize.

Zipline ishami ry’u Rwanda isanzwe ifasha mu buvuzi no mu bworozi, ikabikora binyuze mu kuvana amaraso ahantu hamwe ajyanwa ahandi no kugeza intanga z’amatungo ku borozi batuye kure.

Zipline Rwanda ifite icyicaro i Muhanga.

Indege za drones zizafasha mu kugeza ibicuruzwa ku baturage bazita Platform 2(P2).

Kayitana Pierre uyobora Zipline ishami ry’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka wa 2026 bazatangira kugeza ibyo bicuruzwa ku baturage, cyanecyane abo mu mujyi wa Kigali.

Icyakora izahera muri Musanze na Rubavu, ahari  abantu benshi bakenera ibiribwa, imiti n’ibindi byatumijwe kuri murandasi.

Kayitana ati: “Turishimye  kandi dutegereje kurangiza igerageza no kunoza ibisigaye mbere yo gutangira gukora ku mugaragaro.”

Kayitana Pierre uyobora Zipline ishami ry’u Rwanda.

Ubuyobozi bw’iki kigo butangaza ko buri drone izaba ishobora gutwara ibiribwa bifite ibilo  biri hagati ya bine na bitanu kandi igakora urugendo rwa kilometero  ziri hagati 20 na 25 ingunga imwe.

Bitewe n’uko umuyaga mu kirere umeze, umuvuduko w’iyi ndege uzaba ushobora kugera ku bilometero 100 ku isaha, ku buryo mu minota 15 iba yavuye ku mpera imwe ya Kigali ikagera ku yindi.

Drone ya P2 ikoresha umugozi woroshya mu gushyira hasi ibicuruzwa mu mutekano mu gihe izindi drones zajugunyaga ibintu hasi hifashishijwe udutaka duto (parachutes).

Yavuze ko hatekerejwe uko iyi serivisi itazahenda abaturage, harimo no kunoza ibiciro kuko izi drones zidakenera umushoferi cyangwa lisansi.

Ubuyobozi bwa Zipline butangaza ko buteganya kuganira n’abacuruzi, resitora, amaduka manini, amavuriro n’abandi ku giciro gikwiye abakiliya mu Rwanda.

Abapilote batwara za drones zijyana amaraso n’intanga hirya no hino.
Aho ka drone kajyana amaraso mu Rwanda gahagurukira.

Amafoto ya Zipline Rwanda yafashwe na Taarifa Rwanda

TAGGED:featuredIbicuruzwaIkoranabuhangaIndegeKayitanaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa
Next Article Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?