Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 September 2025 10:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Izi ndege zizajya zigeza ibicuruzwa ku banyamujyi babishaka.
SHARE

Ikigo Zipline gifite icyicaro gikuru muri Amerika cyatangaje ko ishami ryacyo ryo mu Rwanda rigiye gutangiza gahunda yo kugeza ibicuruzwa mu ngo z’abaturage cyanecyane abo mu mijyi.

Ibyo bicuruzwa ni ibiribwa, imiti cyangwa ibindi bikorerwa mu nganda ariko bicuruzwa mu maduka yo mu Rwanda.

Iyi mikorere izatangira mu mwaka wa 2026, iki kigo kikaba cyabitangaje nyuma gato yo kumurika ubwoko bw’izo drones zizakora ako kazi, hari mu imurikabikorwa ryabereye i Kigali ubwo hateranaga Inama mpuzamahanga ku by’indege.

Perezida Paul Kagame niwe wayitangije mu Cyumweru gishize.

Zipline ishami ry’u Rwanda isanzwe ifasha mu buvuzi no mu bworozi, ikabikora binyuze mu kuvana amaraso ahantu hamwe ajyanwa ahandi no kugeza intanga z’amatungo ku borozi batuye kure.

Zipline Rwanda ifite icyicaro i Muhanga.

Indege za drones zizafasha mu kugeza ibicuruzwa ku baturage bazita Platform 2(P2).

Kayitana Pierre uyobora Zipline ishami ry’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka wa 2026 bazatangira kugeza ibyo bicuruzwa ku baturage, cyanecyane abo mu mujyi wa Kigali.

Icyakora izahera muri Musanze na Rubavu, ahari  abantu benshi bakenera ibiribwa, imiti n’ibindi byatumijwe kuri murandasi.

Kayitana ati: “Turishimye  kandi dutegereje kurangiza igerageza no kunoza ibisigaye mbere yo gutangira gukora ku mugaragaro.”

Kayitana Pierre uyobora Zipline ishami ry’u Rwanda.

Ubuyobozi bw’iki kigo butangaza ko buri drone izaba ishobora gutwara ibiribwa bifite ibilo  biri hagati ya bine na bitanu kandi igakora urugendo rwa kilometero  ziri hagati 20 na 25 ingunga imwe.

Bitewe n’uko umuyaga mu kirere umeze, umuvuduko w’iyi ndege uzaba ushobora kugera ku bilometero 100 ku isaha, ku buryo mu minota 15 iba yavuye ku mpera imwe ya Kigali ikagera ku yindi.

Drone ya P2 ikoresha umugozi woroshya mu gushyira hasi ibicuruzwa mu mutekano mu gihe izindi drones zajugunyaga ibintu hasi hifashishijwe udutaka duto (parachutes).

Yavuze ko hatekerejwe uko iyi serivisi itazahenda abaturage, harimo no kunoza ibiciro kuko izi drones zidakenera umushoferi cyangwa lisansi.

Ubuyobozi bwa Zipline butangaza ko buteganya kuganira n’abacuruzi, resitora, amaduka manini, amavuriro n’abandi ku giciro gikwiye abakiliya mu Rwanda.

Abapilote batwara za drones zijyana amaraso n’intanga hirya no hino.
Aho ka drone kajyana amaraso mu Rwanda gahagurukira.

Amafoto ya Zipline Rwanda yafashwe na Taarifa Rwanda

TAGGED:featuredIbicuruzwaIkoranabuhangaIndegeKayitanaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa
Next Article Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?