Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Gukuriraho Imisoro Imwe Ku Modoka Z’Amashyarazi Byarazongereye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda: Gukuriraho Imisoro Imwe Ku Modoka Z’Amashyarazi Byarazongereye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 May 2022 4:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera ko u Rwanda rwashyize umukono ku masezerano mpuzamahanga yo kutinda ko ikirere cyarwo gikomeza guhumana rwakoze byinshi harimo no gukoresha imodoka zikoresha amashanyarazi.

Si imodoka gusa kuko hasanzwe hari na moto zikora gutyo.

Kugira ngo abantu bifite n’ibigo binini nka MTN binini bashobore kuzitumiza, Leta yazikuriyeho imwe mu misoro.

Ibi byatumye guhera mu mwaka 2018 kugeza ubu mu Rwanda hamaze kwinjira imodoka zikora muri buriya buryo zigera ku 150.

Ni umubare ukomeje kuzamuka.

Ubushake bwa Politiki bw’u Rwanda muri uyu mujyo bwagaragariye kandi mu byemezo by’Inama y’abaminisitiri yateranye taliki 14, Mata, 2021.

Imwe mu myanzuro yemeje ‘Politiki ivuguruye’ yo gutwara abantu n’ibintu mu Rwanda, n’ingamba nshya zerekeye ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi.

Icyo gihe kandi Guverinoma yakuyeho umusoro ku nyongeragaciro (VAT) washyirwaga ku modoka zikoresha amashanyarazi, ibyuma bisimbura ibindi, batiri(ibyuma bitanga amashyarazi yatsa amatara) zazo n’ibikoresho bikenerwa mu kuzongeramo umuriro.

Inyinshi mu modoka zikoresha amashanyarazi zikorera mu Rwanda zikorerwa mu Buyapani no muri Koreya y’Epfo.

IGIHE yanditse ko mu mwaka wa 2019 imodoka zikoresha amashanyarazi zageze ku modoka z 10, zikaba zari zifite agaciro ka miliyoni 181.1 Frw.

Mu 2020, imodoka zikoresha amashanyarazi zinjiye mu Rwanda zabaye 19,  zifite agaciro ka miliyoni 581.1 Frw.

Umwaka wa 2021 wagaragayemo izamuka cyane ry’imodoka zikoresha amashanyarazi mu Rwanda, kuko bwo hinjiye 65.

Ikigo MTN Rwandacell Plc nacyo giherutse kumurika imodoka nshya zo muri buriya bwoko cyazanye mu Rwanda.

Zamurikiwe itangazamakuru taliki 13, Ukuboza, 2021.

Imodoka 10 zikoresha amashanyarazi nizo zamuritswe. Zigomba gukoreshwa mu Mujyi wa Kigali.

REMA Irabishima…

Imodoka zavuye i Remera zigana ku cyicaro gikuru cya MTN

Umuyobozi w’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kwita ku bidukikije Madamu Juliet Kabera icyo gihe yavuze  avuga ko gukoresha riziya modoka ari ingirakamaro mu mugambi u Rwanda rwihaye wo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere bisanzwe biva mu binyabiziga.

Juliet Kabera avuga ko kuzana ziriya modoka bigaragaza ko kugabanya ibyuka bihumanya ikirere bishoboka.

Ati: “ Ibi birerekana ko bishoboka ko abantu bashobora gushaka ibisubizo by’ikibazo cy’ibyuka bijya mu kirere, bigahumanya ubuzima bw’ababihumeka.”

Kabera avuga ko uriya mushinga werekana ko abantu bashobora kuva k’ugukoresha imodoka zisanzwe bakajya ku zikoresha amashanyarazi.

TAGGED:AmashanyarazifeaturedimodokaREMA. Ikigo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Y’Ingabo Za Nigeria, Iza Mali Nazo Ziri Mu Rwanda
Next Article Nshuti Gatwa: Umunyarwanda Wa Mbere Uzakina Muri Filime Z’Uruhererekane Za BBC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?