Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Guverinoma Irashaka Ko EBM Iba Itegeko Ku Bacuruzi Bose
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda: Guverinoma Irashaka Ko EBM Iba Itegeko Ku Bacuruzi Bose

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 November 2022 7:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imwe mu ngingo Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yaraye atinzeho mu ijambo yagejeje ku bari baje kwizihiza umunsi ngarukamwaka wahariwe abasoreshwa, ni uko Electronic Billing Machine, EBM, igomba kuba itegeko ku bacuruzi bose.

Avuga ko imvugo ngo ‘Nguhe EBM cyangwa sinyiguhe?’ igomba gucika.

Yavuze ati: “Gukoresha EBM rero ni igikorwa tugomba guhuriraho, ari ugura ari n’ugurisha. Umucuruzi ye kurindira ko nyimusaba ahubwo yibwirize ayimpe igihe nje kugura. Nanjye umuguzi ninsanga umucuruzi yibagiwe nibwirize nyimusabe.”

During the Taxpayers Appreciation Day, PM Ngirente called on registered businesses to use electronic billing machines, and consumers to always demand for receipts. pic.twitter.com/RAkZqhdmul

— Office of the PM | Rwanda (@PrimatureRwanda) November 19, 2022

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Dr. Ngirente yasabye abasoreshwa bari bamuteze amatwi ko bose bagomba gutaha bashyize mu mutwe ko EBM ari itegeko.

Ngo EBM igomba kuba ‘practice.’

Yabwiye abacuruzi ko umukiliya uje kugura ibintu aba agomba guhabwa EBM byanze bikunze, yayanga akabazwa impamvu imuteye kuyanga.

Imvugo ngo ‘Nguhe EBM cyangwa sinyiguhe?’ igomba gufatwa nk’icyaha mu Rwanda.

Ibindi Minisitiri w’Intebe yagarutseho ni akamaro k’ingamba Guverinoma yafashe kugira ngo yunganire abacuruzi bari barazahajwe n’ingaruka z’ingamba zo kurwanya COVID-19.

- Advertisement -

Yavuze ko muri izo ngamba harimo iyitwa Manufacture and Build to Recover Program.

Ni gahunda Guverinoma y’u Rwanda ibicishije muri Minisiteri y’imari n’igenamigambi, yateguye kugira ngo ifashe inganda kongera gukora, zikinjiza zigasora.

Dr.Ngirente yagize ati: “Iyi ni gahunda mu by’ukuri twatangiye muri iki gihe gishize ngira ngo nongere nkangurire abashoramari muteraniye hano, ndetse n’abatari abashoramari bashaka gushora imari. Ni gahunda dutangamo incentives nyinshi ku muntu wese wiyemeje kugira uruganda yakora cyangwa se inyubako ikomeye muri uru Rwanda turimo, ari mu Mujyi wa Kigali n’ahandi hose mu gihugu.

Guverinoma y’u Rwanda itangaza ko itanga amezi 18 yo kuba watangiye uruganda, rukora kandi ngo  iyo hari impamvu itumye ayo mezi arenga, umuntu atanga impamvu, zigasobanurwa hakamenyekana uko umuntu yafashwa.

Umukuru wa Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko ukwiyongera k’umusaruro mbumbe w’igihugu kuko wavuye kuri Miliyari Frw  806 mu 2000 ugera kuri Miliyari Frw 10,944  mu mwaka wa 2021.

Mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2022/2023, umuhigo wari uwo  gukusanya imisoro n’amahoro kandi  wagezweho ku kigero cya 103,2%.

TAGGED:EBMfeaturedGuverinomaNgirenteRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Airtel Rwanda Ltd Yashimiwe Kuba Umusoreshwa Wizerwa
Next Article Mushikiwabo Yatanze Raporo Y’Ibyo Yagejeje Kuri Francophonie
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?