Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Guverinoma Irashaka Ko EBM Iba Itegeko Ku Bacuruzi Bose
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda: Guverinoma Irashaka Ko EBM Iba Itegeko Ku Bacuruzi Bose

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 November 2022 7:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imwe mu ngingo Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yaraye atinzeho mu ijambo yagejeje ku bari baje kwizihiza umunsi ngarukamwaka wahariwe abasoreshwa, ni uko Electronic Billing Machine, EBM, igomba kuba itegeko ku bacuruzi bose.

Avuga ko imvugo ngo ‘Nguhe EBM cyangwa sinyiguhe?’ igomba gucika.

Yavuze ati: “Gukoresha EBM rero ni igikorwa tugomba guhuriraho, ari ugura ari n’ugurisha. Umucuruzi ye kurindira ko nyimusaba ahubwo yibwirize ayimpe igihe nje kugura. Nanjye umuguzi ninsanga umucuruzi yibagiwe nibwirize nyimusabe.”

During the Taxpayers Appreciation Day, PM Ngirente called on registered businesses to use electronic billing machines, and consumers to always demand for receipts. pic.twitter.com/RAkZqhdmul

— Office of the PM | Rwanda (@PrimatureRwanda) November 19, 2022

Dr. Ngirente yasabye abasoreshwa bari bamuteze amatwi ko bose bagomba gutaha bashyize mu mutwe ko EBM ari itegeko.

Ngo EBM igomba kuba ‘practice.’

Yabwiye abacuruzi ko umukiliya uje kugura ibintu aba agomba guhabwa EBM byanze bikunze, yayanga akabazwa impamvu imuteye kuyanga.

Imvugo ngo ‘Nguhe EBM cyangwa sinyiguhe?’ igomba gufatwa nk’icyaha mu Rwanda.

Ibindi Minisitiri w’Intebe yagarutseho ni akamaro k’ingamba Guverinoma yafashe kugira ngo yunganire abacuruzi bari barazahajwe n’ingaruka z’ingamba zo kurwanya COVID-19.

Yavuze ko muri izo ngamba harimo iyitwa Manufacture and Build to Recover Program.

Ni gahunda Guverinoma y’u Rwanda ibicishije muri Minisiteri y’imari n’igenamigambi, yateguye kugira ngo ifashe inganda kongera gukora, zikinjiza zigasora.

Dr.Ngirente yagize ati: “Iyi ni gahunda mu by’ukuri twatangiye muri iki gihe gishize ngira ngo nongere nkangurire abashoramari muteraniye hano, ndetse n’abatari abashoramari bashaka gushora imari. Ni gahunda dutangamo incentives nyinshi ku muntu wese wiyemeje kugira uruganda yakora cyangwa se inyubako ikomeye muri uru Rwanda turimo, ari mu Mujyi wa Kigali n’ahandi hose mu gihugu.

Guverinoma y’u Rwanda itangaza ko itanga amezi 18 yo kuba watangiye uruganda, rukora kandi ngo  iyo hari impamvu itumye ayo mezi arenga, umuntu atanga impamvu, zigasobanurwa hakamenyekana uko umuntu yafashwa.

Umukuru wa Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko ukwiyongera k’umusaruro mbumbe w’igihugu kuko wavuye kuri Miliyari Frw  806 mu 2000 ugera kuri Miliyari Frw 10,944  mu mwaka wa 2021.

Mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2022/2023, umuhigo wari uwo  gukusanya imisoro n’amahoro kandi  wagezweho ku kigero cya 103,2%.

TAGGED:EBMfeaturedGuverinomaNgirenteRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Airtel Rwanda Ltd Yashimiwe Kuba Umusoreshwa Wizerwa
Next Article Mushikiwabo Yatanze Raporo Y’Ibyo Yagejeje Kuri Francophonie
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?