Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Hari Abakorera Permis ‘Bagerageza Amahirwe’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Hari Abakorera Permis ‘Bagerageza Amahirwe’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 December 2022 7:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yabwiye RBA ko hari bamwe bajya gukora ikizamini cyo gutwara ibinyabiziga batarabanje kubyigira bihagije. Bajyayo bagiye ‘kugerageza amahirwe’.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera ubwo yavugaga ku buryo bushya buherutse gushyirwa ku IREMBO ngo bujye bufasha abashaka kubona uruhusha rwo gutwara ibinyabiziga kwiyandikisha

Ubu buryo buherutse gutangizwa hirya no hino mu Rwanda bukaba bugamije korohereza abantu bashaka guhabwa uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga.

Umuyobozi w’urubuga IREMBO witwa Israel Bimpe avuga ko muri iki gihe umuntu wese ushatse gukora ikizamini cyo gutwara ikinyabiziga ashobora kwiyandikisha akoresheje IREMBO kand ngo ni serivisi itazongera kubura.

N’ubwo iyi serivisi yatangijwe kandi ikaba izagirira benshi akamaro, Polisi y’u Rwanda yo inenga bamwe mu bajya gukora ikizami cyo gutwara imodoka baba batarize neza ngo bamenye ibisabwa, ahubwo bakajya gukora ikizami nk’abagerageza amahirwe.

CP John Bosco Kabera avuga ko ibi bidakwiye.

Ati: “Bagomba kuza mu kizamini biteguye, bakiga neza nta kugerageza amahirwe mu kizamini cyo gutwara ibinyabiziga, nta kugerageza amahirwe yo kumenya amategeko kuko niyo agufasha kugenda mu muhanda neza.”

CP Kabera avuga ko umuntu agomba kujya gukora ikizami cy’ibyo yize, ntajye kugerageza amahirwe

Birumvikana ko umuntu utazi neza amategeko yo mu muhanda aba afite ibyago byinshi byo gukora impanuka cyangwa akayiteza abandi.

Kuva wa Gatandatu Taliki 03, kugeza kuri uyu wa Kabiri Taliki 06, Ukuboza, 2022, abamaze kwiyandikisha bashaka iriya serivisi barenga ibihumbi 80.

Muri bo abagera ku bihumbi 60 bamaze kwishyura bahabwa gahunda y’igihe bazakorera ikizami.

TAGGED:featuredimodokaImpanukaPolisiUruhushya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M23 Yiyemeje Kuva Ku Izima
Next Article ‘Abikorera’, Traffic Police, REG…Inzego Zivugwamo Ruswa Kurusha Izindi Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?