Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Hari Abakorera Permis ‘Bagerageza Amahirwe’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Hari Abakorera Permis ‘Bagerageza Amahirwe’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 December 2022 7:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yabwiye RBA ko hari bamwe bajya gukora ikizamini cyo gutwara ibinyabiziga batarabanje kubyigira bihagije. Bajyayo bagiye ‘kugerageza amahirwe’.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera ubwo yavugaga ku buryo bushya buherutse gushyirwa ku IREMBO ngo bujye bufasha abashaka kubona uruhusha rwo gutwara ibinyabiziga kwiyandikisha

Ubu buryo buherutse gutangizwa hirya no hino mu Rwanda bukaba bugamije korohereza abantu bashaka guhabwa uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga.

Umuyobozi w’urubuga IREMBO witwa Israel Bimpe avuga ko muri iki gihe umuntu wese ushatse gukora ikizamini cyo gutwara ikinyabiziga ashobora kwiyandikisha akoresheje IREMBO kand ngo ni serivisi itazongera kubura.

N’ubwo iyi serivisi yatangijwe kandi ikaba izagirira benshi akamaro, Polisi y’u Rwanda yo inenga bamwe mu bajya gukora ikizami cyo gutwara imodoka baba batarize neza ngo bamenye ibisabwa, ahubwo bakajya gukora ikizami nk’abagerageza amahirwe.

CP John Bosco Kabera avuga ko ibi bidakwiye.

Ati: “Bagomba kuza mu kizamini biteguye, bakiga neza nta kugerageza amahirwe mu kizamini cyo gutwara ibinyabiziga, nta kugerageza amahirwe yo kumenya amategeko kuko niyo agufasha kugenda mu muhanda neza.”

CP Kabera avuga ko umuntu agomba kujya gukora ikizami cy’ibyo yize, ntajye kugerageza amahirwe

Birumvikana ko umuntu utazi neza amategeko yo mu muhanda aba afite ibyago byinshi byo gukora impanuka cyangwa akayiteza abandi.

Kuva wa Gatandatu Taliki 03, kugeza kuri uyu wa Kabiri Taliki 06, Ukuboza, 2022, abamaze kwiyandikisha bashaka iriya serivisi barenga ibihumbi 80.

Muri bo abagera ku bihumbi 60 bamaze kwishyura bahabwa gahunda y’igihe bazakorera ikizami.

TAGGED:featuredimodokaImpanukaPolisiUruhushya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M23 Yiyemeje Kuva Ku Izima
Next Article ‘Abikorera’, Traffic Police, REG…Inzego Zivugwamo Ruswa Kurusha Izindi Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?