Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Hegitari 2000 Z’Imyaka ‘Iri Hafi Kwera’ Zangijwe N’Ibiza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Hegitari 2000 Z’Imyaka ‘Iri Hafi Kwera’ Zangijwe N’Ibiza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 May 2023 10:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro Minisiteri y’ubutabazi ifatanyije n’izindi nzego yahaye itangazamakuru, yavuze ko ibiza byagwiriye u Rwanda mu minsi ishize byangije hegitari 2000 zari ziriho imyaka itandukanye kandi yari igiye kwera.

Ni ubutaka bunini bwari bugiye kweraho imyaka yari buzagaburire abaturage barenga miliyoni eshatu kubera ko aba ari bo batuye Intara y’Iburengerazuba kandi niyo yibasiwe cyane.

Minisitiri w’ibikorwa by’ubutabazi Solange Kayisire yatangaje ko mu isesengura ryakozwe, basanze imirima ingana na hegitari 2000 yari ihinzeho imyaka yenda kwera kimwe n’amatungo agera ku bihumbi 4, byose byaratwawe n’amazi.

Ati: “Abaturage bazafashwa kubona ibiribwa kandi bashumbushwe n’amatungo yabo yacyanywe na biriya biza”.

Minisitiri w’ibikorwa by’ubutabazi Solange Kayisire

Hagati aho,  Guverinoma yatangaje ko hakenewe Miliyari Frw110 kugira ngo hasanwe ibikorwaremezo byangijwe n’ibiza.

Irashaka gukora k’uburyo isanwa ry’ibyangijwe n’ibiza rizatuma bitazongera kubihangara.

Ibiza byatewe n’imvura yaguye mu ijoro ryo ku wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu yangije ibikorwaremezo byinshi birimo imihanda, ibiraro, ingomero z’amashanyarazi, inganda zitunganya amazi n’ibindi.

Abavanywe mu byabo baraburirwa mu bice byashegeshwe n’ibiza kubera ko bishobora kubahitana .

Ikindi ni uko ikigo cy’igihugu cy’ubumenyi bw’ikirere gitangaza ko mu kirere hakiri imvura nyinshi.

Kivuga ko mu minsi 10 ya mbere ya Gicurasi, hazagwa imvura irengeje igipimo cy’iyari isanzwe igwa muri icyo gihe.

Uretse abantu 130 bahitanywe na biriya biza, inzu 5.500 nazo zarasenyutse.

Ikiganiro Inzego zahaye itangazamakuru kitabiriwe kandi na Minisiteri y’ibikorwaremezo, Polisi y’u Rwanda  n’izindi nzego.

TAGGED:AbantufeaturedIbizaImvuraImyakaMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Njyanama Yamenye Ko Burya Meya Kambogo Atari Ashoboye
Next Article Polisi Irasaba Abaturage Kumvira Abayobozi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?