Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Ibiciro Bikomeje Kuzamuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda: Ibiciro Bikomeje Kuzamuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 October 2022 10:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ibiciro ku isoko muri rusange byarazamutse
SHARE

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe ibarurishamibare, NISR, kigaragaza ko muri Nzeri 2022, ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 17,6% ugereranyije na Nzeri 2021.

Mu kwezi bwabanje , ni ukuvuga Kanama, 2022, byari byiyongereyeho 15,9%.

Kuba ibiciro byarazamutse byatumye hari abantu bamwe batakigura kubera ko n’aho amikoro yavaga hatigeze hahinduka.

Muri Nyakanga , itumbagira ry’ibi biciro ryiyongereye bitewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 33,2%.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibiciro by’inzu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 7.9%.

Ikigo cy’ibarurishamibare cyemeza ko muri Nzeri 2022 ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 14,5% mu gihe ibiciro by’amacumbi n’amafunguro byiyongereyeho 18,8%.

Ibarurishamibare rivuga kandi ko iyo ugereranyije Nzeri 2022 na Nzeri 2021, usanga ibiciro by’ibintu bitarimo ibiribwa n’ibikomoka ku ngufu byariyongereyeho 13,6%”.

Iyo  nanone ugereranyije Nzeri 2022 na Kanama 2022, usanga ibiciro byariyongereyeho 2,1%.

Byatewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 4,8% n’aho ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 1,8%.

- Advertisement -

Mu cyaro, muri Nzeri 2022, ibiciro byiyongereyeho 28,5% ugereranyije na Nzeri 2021 ni mu gihe ibiciro muri Kanama 2022 byari byiyongereyeho 23.6%.

Ibyazamuye ibiciro mu byaro muri Nzeri harimo ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 44,8% n’ibiciro by’inzu, amazi, amashanyarazi, gaz n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 13,8%.

Iyo ugereranyije Nzeri 2022 na Kanama 2022 ibiciro byiyongereyeho 3,8%.

Iri zamuka ryatewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 5,8% n’ibiciro by’inzu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 3,5%.

Iki kigereranyo ngarukamwaka kigaragaza ko izamuka ry’ibiciro bikomatanyirijwe hamwe mu Mijyi no mu byaro, muri Nzeri 2022 byiyongereyeho 23,9% ugereranyije na Nzeri 2021, mu gihe muri Kanama 2022 ibiciro byari byiyongereyeho 20,4%.

Ubuyobozi bwa Banki Nkuru y’u Rwanda buherutse gutangaza ko itumbagira ry’ibiciro rikomeje kugaragara mu Rwanda kimwe n’ahandi ku Isi rizakomeza kugaragara no mu mezi ari imbere bitewe n’impamvu zitandukanye zirimo ibiciro by’ubwikorezi, ibikomoka kuri peteroli n’intambara y’Uburusiya na Ukraine.

Imbere mu gihugu ibiciro by’ibiribwa byariyongereye bitewe n’umusaruro w’ubuhinzi wabaye muke.

Umusaruro muto watewe n’imvura yabuze hakiri kare n hamwe n’ibiciro bihanitse ku isoko mpuzamahanga by’ibintu by’ibanze bikenerwa mu buhinzi.

Ibyo birimo ifumbire, imbuto n’ibindi.

TAGGED:featuredIbiciroIntambaraUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jimmy Gatete Na Patrick Mboma Bari i Kigali
Next Article Umunsi Udasanzwe Kubarebera Umupira Kuri CANAL+
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?