Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Igiciro Cya Essence Cyazamutseho Frw122
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda: Igiciro Cya Essence Cyazamutseho Frw122

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 August 2023 7:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ibikorwaremezo yatangaje ko izamuka ry’igiciro cya Essence ku rwego rw’isi ryatumye n’u Rwanda ruzamura icyo giciro, cyiyongeraho Frw 122.

Icyakora igiciro cya Mazout cyo cyagumye kuba uko cyari kiri.

MinisitiriErnest Nsabimana avuga ko ubu Litiro ya essence ari Frw 1639.

Avuga ko inzego zicaye zibiganiraho harebwa ingamba zigomba gufatwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Leta yasanze igiciro cya mazout kitagomba guhinduka kubera ko byagira ingaruka ku bwikorezi bw’ibikoresho bifite akamaro kanini ku gihugu.

Ati: “ Ziriya modoka zitwara ibikoresho bw’ubwubatsi, izitwara ibiribwa biva hamwe bijya ahandi, n’izitwara abantu mu buryo bwa rusange ziriya zose zikoresha mazout. Niyo mpamvu hafashwe umwanzuro w’uko mazout itongererwa igiciro.”

Avuga ko abashoferi batagombye kuzamura igiciro cy’ubwikorezi kubera igiciro bari basanzwe bafatiraho mazout kitahindutse.

Ku rundi ruhande, Nsabimana avuga ko kuzamura essence byatewe n’uko igiciro cy’inzira yose icamo cyazamutse.

Avuga ko ibikomoka kuri petelori byari bisanzwe biva mu Burusiya akenshi byacaga mu Buhinde no mu Bushinwa bigakomeza n’ahandi haromo no muri Afuruika.

- Advertisement -

Kuba Uburayi bwarafatiye Uburusiya ibihano byatumye Uburusiya butohereza byinshi byakomokaga kuri petelori ngo bikomeze bice mu Buhinde no mu Burusiya nk’uko byazaga mbere.

Ibihugu by’Abarabu bicukura ibikomoka kuri petelori bigize OPEP ngo nabyo biherutse kwanzura ko bigomba kugabanya ingano y’ibyo byacukuraga.

Minisitiri w’inganda Eng Erenst Nsabimana avuga ko ibyo byose Guverinoma y’u Rwanda iba ibicungira hafi kugira ngo ifate ingamba zo kurengera ubukungu bwarwo n’iterambere ry’Abanyarwanda muri rusange.

Ibiciro bishya bizatangira gushyirwa mu bikorwa taliki 04, Kanama, 2023.

Ibiciro bishya
TAGGED:BurusiyaEssencefeaturedIbikorwaremezoNdasimanaPeteloriRwandaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abongereza Barashaka Gucukura Lithium Yo Mu Rwanda
Next Article Ron Adam Wahagarariye Israel Bwa Mbere Mu Rwanda Yushe Ikivi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?