Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Impinja 887 Zavutse Kuri Noheli
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Impinja 887 Zavutse Kuri Noheli

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 December 2024 4:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Uruhinja rumaze igihe runaka ruvutse( Ifoto@One Big Happy photo)
SHARE

Minisiteri y’ubuzima ivuga ko kuri Noheli hirya no hino mu Rwanda havutse abana 887 kandi abenshi muri bo ni abakobwa kuko ari 467 mu gihe abahungu ari 420.

Imibare y’abo bana yakusanyijwe ivuye mu bigo nderabuzima no mu bitaro 572 mu bigo 587 byari byitezweho gutanga raporo.

Ibigo byayitanze bingana na 98%.

Hari umukozi muri Minisiteri y’ubuzima wabwiye The New Times ko hari abana bavutse habura umunota umwe ngo saa sita z’ijoro zigere.

Iyo izi saha zigeze nibwo hirya no hino bavuga ko Yezu/ Yesu avutse.

Abenshi muri bariya bana bavukiye mu Burasirazuba( havukiye abana 241) hakurikiraho abo mu Majyepfo(abana 196), hakurikiraho Uburengerazuba( havutse abana 186), hakurikiraho Amajyaruguru( havukiye abana 143) hanyuma hakurikiraho abana bo mu Mujyi wa Kigali( havutse abana 121).

Ibitaro bya Muhima nibyo byavukiyemo abana benshi kuko ari 29, hakurikiraho ibitaro bya Kabgayi byavukiyemo abana 22, hakurikiraho ibitaro bya Kirehe byavukiyemo abana 21, hakurikiraho ibitaro bya Byumba byavukiyemo abana 18 nyuma haza ibitaro bya Gisenyi byavukiyemo abana 17.

Minisante ivuga ko umwaka wa 2024 wageze mu Ugushyingo mu Rwanda hamaze kuvuka abana 308,739.

Abenshi muri bo bavutse muri Gicurasi kuko imibare yerekana ko muri uku kwezi mu Rwanda hose havutse abana 30,618.

Mu mwaka wa 2023 mu Rwanda havutse abana 334,818.

Mu myaka yatambutse ababyeyi benshi babyaraga kuri Noheli bitaga abana babo Noheli.

Nta bushakashatsi bwemeza ko muri iki gihe iki kintu cyahindutse.

TAGGED:AbanafeaturedIntaraMinisiteriNoheliUbuzimaUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: Umuturage Yahinze Urumogi
Next Article Kigali: Hakenewe Guterwa Ibiti Bishya No Gukonorera Ibihari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?