Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Inkende Zitaba Muri Pariki Zigiye Kuzakorerwa ‘Operation’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Inkende Zitaba Muri Pariki Zigiye Kuzakorerwa ‘Operation’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 November 2023 2:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ibidukikije Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya aherutse kubwira Abasenateri ko Guverinoma y’u Rwanda ifite gahunda yo gushakisha inkende aho ziri hose mu Rwanda zigafatwa zikajyanwa muri Pariki ya Nyungwe.

Asa n’utebya Dr Mujawamariya yabwiye Abasenateri ko bamwe muri bagenzi be baherutse kumusaba kubakiza inkende ze kuko batera amashu zikayarya kandi intero ya Leta ari ugufata neza uturima tw’igikoni.

Avuga ko Minisiteri ye iri gukorana na RDB ngo barebe uko iki kibazo cyakemurwa mu buryo burambye.

Ati: “ Ubu turi gukorana na RDB ngo turebe uko ziriya nkende twazigabanya zikajya muri Nyungwe.”

Icyakora yemera ko bitoroshye kuko ngo ari ‘operation ihambaye’.

Mu gufata ziriya nkende, Leta ngo izashyiraho hangari( ahantu hanini hasakaje shitingi) ishyiremo ibyo zikunda zikagumamo ntishobore gusohoka nyuma zikaza guterwa zigashyirwa mu modoka zikajyanwa muri pariki ya Nyungwe.

Inkende ariko zibamo amoko menshi.

Zikunze kugaragara mu bice byeramo ibito by’imbuto by’amoko atandukanye cyane cyane imineke n’amapera, mu Bugesera, mu bigo by’Abihayimana bifite imirima y’imbuto, ibigo by’ubushakashatsi mu buhinzi nka RICA, muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye ahitwa Arboritum n’ahandi.

TAGGED:featuredInkendeMujawamariyaNyungwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Bahawe Ubundi Buryo Bwo Kohererezanya Amafaranga N’Abari Mu Mahanga
Next Article Rwanda: 71% By’Ubutaka Bwateguriwe Kuhirwa Ntibwuhiwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?