Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Itegeko Nshinga Rivuguruye Ryatangajwe Mu Igazeti Ya Leta
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Itegeko Nshinga Rivuguruye Ryatangajwe Mu Igazeti Ya Leta

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 August 2023 8:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda riherutse kuvugururwa rwamaze gutangazwa mu igazeti ya Leta.

Imwe mu ngingo zigize iri tegeko ni ukuvuga iya 173 ivuga ko Abadepite bari mu myanya igihe iri Tegeko Nshinga rivuguruye ritangiye gukurikizwa bazakomeza imirimo yabo kugeza igihe cy’iseswa ry’Umutwe w’Abadepite ku mpamvu z’amatora.

Imwe mu mpamvu y’ivugururwa ry’iri tegeko ni ihuzwa ry’amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite.

Muri Gicurasi, 2023 nibwo Visi Perezida w’Inteko ishinga amategeko, Umutwe w’Abadepite, Hon Edda Mukabagwiza yagejeje ku Badepite raporo ikubiyemo isuzuma ryakozwe ku mushinga ugamije ko Amatora y’Abadepite yahuzwa n’ay’Umukuru w’Igihugu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Aya matora yombi ateganyijwe mu mwaka wa 2024.

Hon Mukabagwiza yabanje kwibutsa bagenzi be impamvu z’ivururwa ry’Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda riri muri uriya mushinga.

Avuga ko iryo vugururwa ryatangiye kubera ko byatangijwe na Perezida wa Repubulika ashingiye ku bubasha ahabwa n’Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda mu ngingo yaryo ya 175.

Yabikoze kugira ngo amatora y’Abadepite ahuzwe n’aya Perezida wa Repubulika.

Hon Edda Mukabagwiza yavuze ko guhuza ariya matora yombi bizatuma ingengo y’imari yagendaga kuri buri tora rikozwe ukwaryo igabanuka.

- Advertisement -

Ati: “…Bityo amafaranga yakoreshwaga mu bikorwa bigendanye n’amatora agabanuke. Bizatuma ayo matora ategurirwa icyarimwe bigabanye igihe cyakoreshwaga mu gihe haba hateguwe buri tora ukwaryo.”

Ingingo ya 75 n’ingingo ya 79 zijyanye na manda y’Abadepite cyangwa guseswa kw’Inteko, hari izindi ngingo zavuguruwe mu Itegeko nshinga zifitanye isano n’imyandikire yihariye ziri mu zizavugururwa harimo ingingo ya 66  ivuga ku itangira ry’imirimo y’abagize Inteko ishinga amategeko ivuga ko iminsi iba 30 ivuye kuri 15 yari isanzwe.

TAGGED:AbadepitefeaturedItegekoNshingaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwafunguye Station Ya Essence Muri Tanzania
Next Article Karongi: Barasabwa Gukaza Irondo Bagakumira Inkongi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?