Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Ni Iki Gitera Abakristo Amacakubiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Ni Iki Gitera Abakristo Amacakubiri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 January 2024 7:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ikibazo buri wese yakwibaza aramutse yibutse ko uwo abo bose bavuga ko bemera ari we Yezu Kristo yavuze ko itegeko rirusha ayandi yose agaciro ari ugukunda mugenzi wawe nk’uko wikunda kandi ugakunda Imana imwe gusa akaba ari nayo usenga gusa( Yoh 15:12).

Icyakora ibi si ko bimeze haba mu Rwanda ndetse n’imahanga. Ku byerekeye u Rwanda, bisa n’aho abanyamadini beruye bemera ko nta bumwe bwari busanzwe hagati yabo.

Niyo mpamvu baraye batangije Icyumweru cyo gusabira ubumwe bw’Abemera Kristo mu matorero ya Gikirisitu akorera mu Rwanda.

Kuba aya masengesho yayobowe na Musenyeri Vincent Harolinama usanzwe ari Arkipisikopi wa Ruhengeri nabyo ushobora gusanga hari icyo bivuze kinini.

Ayobora Diyoseze iri mu gace mu minsi ishinze kavuzwemo amacakubiri ashingiye ku Bakono bashakaga gusa n’abashinga ubuyobozi ukwabo binyuze mu kwironda.

Leta yarabimenye ibikoma mu nkokora bikiri mu bakire no mu ntiti bitaraganza cyane mu baturage ba giseseka.

Tugarutse ku mpamvu ituma Abakirisitu badakurikiza itegeko Kristu yabahaye ryo gukundana, twavuga ko na Musenyeri Harolimana ari we witangiye igisubizo cy’intandaro z’uwo mwiryane.

Kinyamateka yanditse ko Myr Harolimana yabwiye abahagarariye amadini ya Gikirisitu( hatarimo Abahamya ba Yehova) ko impamvu ibitera ari uko ‘basengana uburyarya.’

Ati: “Amacakubiri n’intambara z’urudaca biba hagati yacu abemera Kristu bikomoka ku isengesho rya rindi ryuzuye uburyarya.”

Umushumba wa Diyoseze ya Ruhengeri avuga ko iyo Abakirisitu bavuga ko bakunda Imana ariko bakabura gahunda y’urukundo bagomba gukunda bagenzi babo, burya baba babaye ababeshyi.

Ubwo buryarya burakura bukazavamo amacakubiri kandi, kuri we, ibyo ntibikwiye abana b’Imana.

Myr Harolimana ati:“Igikenewe si amagambo ahubwo ni ibikorwa bigaragaza urukundo n’impuhwe, ibikorwa bigaragaza ubwitange n’ubutwari. Urukundo rwitanga nk’urw’Umunyasamariya ni umurage Yezu yasigiye abe. Kuwukomeraho rero, bishimangira ubumwe bw’abemera.”

Musenyeri Harolinama

Iby’ubumwe bw’abemera bwazahaye kandi byanavuzwe na Myr Samuel Kayinamura, Umuyobozi w’Itorero Methodiste Libre ku isi, ishami ry’u Rwanda.

Yavuze ko impamvu yo guteranira hamwe nk’abemera Kristu, ari ukugira ngo bongere gutekereza ibikwiye gukorwa no kunozwa mu guharanira ubumwe bwabo.

We avuga ko kugira ngo ubwo bumwe bushoboke bizasaba impuhwe z’Imana no kubaba hafi.

Ku rwego rw’isi, Icyumweru cyo gusabira ubumwe bw’abemera Kristu cyatangiye 1908.

Myr Samuel Kayinamura

Cyari igitekerezo cya Kiliziya n’andi madini atandukanye hirya no hino ku isi, hagamijwe ‘gushyigikirana mu byo bahuriyeho’ no ‘kubahana’ mu byo badahuriyeho.

Iri koraniro ryaraye ribereye i Gikondo kuri Eglise Methodiste Libre ryitabiriwe n’Abakristu ndetse n’abayobozi mu madini anyuranye arimo Itorero Angilikani, ADEPR, Methodiste Libre, Puresipiteriyani, abo muri Kiliziya Gatolika n’abandi.

Amafoto@Kinyamateka

TAGGED:AbakristuAmacakubiriAmadinifeaturedGusengaMusenyeriNdolimanaUrukundoYezu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Irashaka Gukaza Imishinga Ihuriyeho N’u Rwanda
Next Article Mu Mujyi Wa Kigali Haramurikwa Izindi Bisi Nini 60
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?