Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda-Uganda: Ese Urupfu Rw’Umuherwe W’Umunyarwanda Rwaba Rugiye Gutokoza Umubano?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Inkuru Zihariye

Rwanda-Uganda: Ese Urupfu Rw’Umuherwe W’Umunyarwanda Rwaba Rugiye Gutokoza Umubano?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 August 2023 8:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyarwanda Fred Kamaliza yari asanzwe ari umucuruzi uzwi muri Uganda. Amakuru avuga ko aherutse gupfira muri gereza rw’urwego rw’ubutasi bwa gisirikare muri Uganda, ariko iby’urwo rupfu ntibirasobanuka neza.

Urwego rw’ubutasi bwa gisirikare bwa Uganda rwitwa Chieftaincy of Military Intelligence, CMI, rukaba ruyoborwa na Major General James Birungi.

Fred Kamaliza yari umwe mu bacuruzi bazwi cyane i Kampala.

Mu mafaranga ye, yari yaraguzemo imodoka ihenze ya Range Rover, ifite ikirango cyanditswe mu mazina ye mu mpine ari yo Fred K.

Inkuru y’urupfu rwa Kamaliza Fred yatangiye kumenyekana mu mpera z’Icyumweru cyatambutse, ariko itangazamakuru kuri uyu wa Mbere mu masaha ashyira ay’igicamunsi nibwo ryatangiye kubigenzurira hafi.

Bivugwa ko yasimbutse inzu ndende iri ku cyicaro cya CMI kiri ahitwa Mbuya ariyahura.

Icyakora nta ruhande rwigenga ruragira icyo rubitangazaho ngo bigire umurongo bihabwa.

CMI nayo ntacyo irabivugaho.

Iby’uko yasimbutse iriya nyubako, hari bamwe batabiha ishingiro kubera ngo nta kintu kigaragaza aho yari ahagaze mbere yo gusimbuka ndetse n’aho yituye hasi bikamuviramo urupfu ntiharagaragazwa.

Bamwe bemeza ko uriya muherwe yafashwe n’abakozi ba CMI bafatanyije n’abo mu itsinda rishinzwe gukumira no kuburizamo ibikorwa by’iterabwoba ryitwa JATT ( Joint Anti-Terrorism Task Force).

Ntiharamenyekana icyo yaba yarafungiwe ariko hari abavuga ko byaba bifitanye n’ibyaha by’ikoranabuhanga.

Ikiriyo cyo kumwibuka kiri kubera i Kampala kandi biravugwa ko hari gahunda yo gucyura umurambo we ukazanwa i Rwanda, ariko ibi bibangamiwe n’uko ibyangombwa bye bigifitwe n’abayobozi.

Daily Monitor yabajije Umuvugizi wungirije w’Ingabo za Uganda, Col Deo Akiiki ku rupfu rwa Fred Kamariza, undi asubiza ko nta kintu abiziho!

Hari ibyo kwibaza…

N’ubwo umubano hagati ya Kigali na Kampala uhagaze neza muri rusange, iby’urupfu rw’uriya mucuruzi bishobora kuwutokoza.

Abanyarwanda baca umugani ngo ‘impamvu ingana ururo.’

Nta gihe kinini gishize ibyo gufata no gufunga ndetse no kwica Abanyarwanda bikozwe n’inzego z’ubutasi bwa Uganda bibaye.

Hafi ya bose bafatwaga n’abakozi ba CMI, bakabashinja kunekera u Rwanda.

Aho bimenyekaniye, byateje ikibazo cy’umubano hagati y’ibihugu byombi ndetse u Rwanda ruza gusaba abaturage barwo kutazasubira muri Uganda kuko nta mutekano bari bahafite.

Uyu mwuka mubi watangiye mu mwaka wa 2017 gukomeza…kugeza ubwo ibiganiro byaje koroshya iki kibazo, abari bafungiwe muri Uganda bararekurwa.

Bageze mu Rwanda babwiye itangazamakuru akaga baboneye muri CMI.

Nyuma y’uko bisakuje cyane ndetse bigahagurutsa abayobozi bakomeye ku mpande zombi(Kigali na Kampala), Major General Abel Kandiho wayobora CMI yaje gukurwaho asimbuzwa Major General James Birungi.

Muri Kamena, 2022, Maj Gen James yasuye u Rwanda ahura n’abayobozi bakuru mu ngabo z’u Rwanda.

Maj Gen James Birungi

Mu gihe iby’uriya mucuruzi w’Umunyarwanda wapfiriye muri Uganda mu buryo bukiri amayobera bitarasobanuka, ku rundi ruhande, mu Rwanda hafungiwe abanya Uganda babiri bakurikiranyweho ibyaba bakoresheje YouTube.

Bakurikiranyweho gukoresha ibiganiro ufite ubumuga bwo mu mutwe mu nyungu zabo.

Abo ni Kembabazi Racheal w’imyaka 31 y’amavuko ufite urubuga yise Connect With Uganda, na Mayanja Muwanguzi Lawrence w’imyaka 28 ufite urwitwa UG Connect.

Amakuru Taarifa ifite avuga ko dosiye zabo zamaze kugezwa mu Bushinjacyaha zivuye mu Bugenzacyaha.

N’ubwo ari uko ibintu byifashe muri rusange, umubano w’u Rwanda na Uganda uhagaze neza, igisigaye ni ukureba uko n’ibibazo byavuka hagati aho byakemurwa neza, abaturage b’ibihugu byombi bagakomeza kugenderanirana kuko basanzwe ari abavandimwe kandi b’abaturanyi.

TAGGED:featuredFredKamarizaKampalaKigaliRwandaUgandaUmubanoUmucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abacanshuro Ba Wagner Biyemeje Kwagukira Henshi Muri Afurika
Next Article Tchad Na Ho Ishyamba Si Ryeru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?