Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Ukurikiranyweho Kwica Abantu Yikurikiranya Avuga Ko Babimuroze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Ukurikiranyweho Kwica Abantu Yikurikiranya Avuga Ko Babimuroze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 March 2023 10:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Uwo niwo muhoro yakoreshaka araba inkaba
SHARE

Hafashimana Usto alias Yussuf ukurikiranyweho kwica abantu yikurikiranya yabwiye itangazamakuru ko yemera ko yabishe ariko ari ibyo bamuroze. Ngo abitwa ‘abarangi’ nibo bamubwiye ko yarozwe.

Avuga ko abo yishe nta kintu bapfaga kandi ngo yicaga abazamu gusa.

Ati: “ Nari nzi ko nishe abantu batandatu ariko bambwiye ko babiri batapfuye. Ni ibyo bandoze kuko abo nitemaga nta n’umwe nabanga nzi cyangwa ngo mbe mfite icyo mpfa nawe.”

Yussuf avuga ko aho yageraga hose akasanga umuzamu usinziriye yamutemaga, ariko yasanga umuzamu udasinziriye akikomereza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hafashimana avuga ko hari abandi bajura benshi bafatanywe nawe ariko ngo akenshi we icyo yakoraga kwari ugutema umuzamu usinziriye akigendera.

Yabwiye itangazamakuru ko abo bakoranaga mu bujura bari benshi kuko bari bafite imodoka na moto bakoreshaga bajya kwiba cyangwa basahura ibyo bibye bakajya kubigurisha.

Mu kwiba yagendanaga n’abandi ariko yiyemereye ko mu kwica yabikoraga wenyine.

Ati: “ Ndasaba Imana imbabazi”

Ukurikiranyweho ubwicanyi yabwiye itangazamakuru ko akigera mu buyobozi ari bwo yemenye ko kwica ari icyaha, yungamo ko abisabira Imana n’ubuyobozi bw’igihugu imbabazi.

- Advertisement -

Abajijwe gahunda yari afite mbere y’uko afatwa , yeruye avuga ko mu mutima we yari azi ko azica abantu 40.

Babiri mubo yishe imitwe yabaciye yayijunye mu mazi, yayitwaye mu gafuka.

Yasabye ‘abafite ibisabye nk’ibye’ kwihana bakajya mu rusengero bakicuza ku Mana.

Polisi yamufashe agiye kureba uwo bibanaga wabaga kuri Stade i Nyamirambo.

Ukurikiranyweho ubu bwicanyi ni umugabo ufite umugore umwe n’umwana umwe.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissionner of Police ( CP) John Bosco Kabera avuga ko uriya mugabo yafashwe nyuma y’amakuru yavuye mu iperereza ryatangiye taliki ya 22, Ukuboza, 2022.

Icyo  gihe ngo hari nyuma y’amakuru Polisi yari yahawe n’abaturage yavugaga ko hari umuntu basanze Rwampara bamukase umutwe.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police ( CP) John Bosco Kabera

Mu gihe Polisi yari igikurikirana nibwo bidatinze taliki 30, Ukuboza, 2022, hatangajwe abandi bantu batemwe mu maso, undi acibwa akaboko.

Polisi yatangiye kubona ko hagomba kuba hari umuntu wa ruharwa ubikora.

Bidatinze Taliki 15, Mutarama, 2023, mu Murenge wa Rusororo naho bahiciye umuntu bamutemye ijosi.

Nta gihe kinini kandi  ngo cyahise ni ukuvuga nyuma y’iminsi itatu, hari taliki 18, Mutarama, 2023, undi muntu acibwa umutwe i Muyumbu mu Karere ka Rwamagana.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda avuga ko ibimenyetso byahujwe, ihuza amakuru kugeza ubwo uriya muntu afatiwe taliki 03, Gashyantare, 2023.

CP John Bosco Kabera avuga ko uriya muntu agiye gushyikirizwa ubugenzacyaha akurikiranwe binyuze mu gukora iperereza ryimbitse.

Gasabo: Polisi Yafashe Umugabo Wishe Abantu Bane Muri 40 Yari Yarateganyije

TAGGED:featuredKaberaKwicaPolisiubujuraUmurwayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Polisi Yafashe Umugabo Wishe Abantu Bane Muri 40 Yari Yarateganyije
Next Article IVUGURUYE: Turikiya Na Syria Abantu Bakabakaba 500 Bishwe N’Umutingito
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?