Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RwandAir Igiye Gusubukura Ingendo Zijya Muri Uganda No Mu Buhinde
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
UbukerarugendoUbukungu

RwandAir Igiye Gusubukura Ingendo Zijya Muri Uganda No Mu Buhinde

Last updated: 06 September 2021 12:02 pm
Share
SHARE

Ikigo cy’indege cy’u Rwanda, RwandAir, cyemeje ko kiri mu myiteguro yo gusubukura ingendo zijya ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Entebbe muri Uganda na Mumbai mu Buhinde, nyuma y’icogora ry’icyorezo cya COVID-19 muri ibyo bihugu.

Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’uko u Rwanda rwakuyeho akato k’iminsi irindwi kari itegeko ku bagenzi bose bavuye cyangwa banyuze mu Buhinde na Uganda mu minsi irindwi ishize.

RwandAir yahagaritse ingendo zigana muri Uganda guhera ku wa 10 Kamena 2021, mu gihe ingendo zijya Mumbai zahagaritswe ku wa 1 Gicurasi 2021.

Icyo gihe u Buhinde bwari bumaze iminsi buhanganye na Coronavirus yihinduranyije ya Delta, ari nayo yari yateye ubwiyongere bukabije bw’ubwandu muri Uganda. Yaje no kugera mu Rwanda, ubu niyo yihariye ubwandu bushya ku gipimo kiri hejuru.

Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo yabwiye Taarifa ko ingendo zijya muri Uganda zizasubukurwa bitarenze icyumweru gitaha.

Ati “Turimo kubikoraho ubu, twizera ko ingendo zizasubukurwa bitarenze icyumweru gitaha. Twamaze kumenyesha inzego bireba ko twifuza gusubukura, dutegereje icyemezo cya nyuma ariko ntekereza ko bitazarenza icyumweru gitaha.”

Ingendo zijya Mumbai zo zitangira nyuma yaho.

Makolo yakomeje ati “Duteganya gusubukura ingendo zijya Mumbai muri uku kwezi.”

Ntabwo yatangaje amatariki nyirizina bizakorerwaho.

Ingendo zijya muri Uganda zakorwaga ku wa Mbere, ku wa Gatatu, ku wa Kane, ku wa Gatanu, ku wa Gatandatu no ku Cyumweru.

Ni mu gihe ingendo zijya Mumbai zatangiye indege ihaguruka i Kigali ikabanza kunyura i Dar es Salaam muri Tanzania.

Ni ingendo zakorwaga inshuro enye mu cyumweru, ku wa Mbere, ku wa Gatatu, ku wa Gatanu no ku Cyumweru.

TAGGED:EntebbefeaturedIndegeKampalaMumbaiRwandAirUgandaYvonne Makolo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na RDC Mu Biganiro Bizemeza Uburyo Bushya Bwo Gukoresha Umupaka
Next Article Perezida Kagame Yasabye Abayobozi Kugira Imikorere Ijyanye n’Igihe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?