Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RwandAir Yatangije Ingendo Zijya i Lubumbashi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubucuruzi Mpuzamahanga

RwandAir Yatangije Ingendo Zijya i Lubumbashi

Last updated: 29 September 2021 12:27 pm
Share
SHARE

Ikigo cy’Indege cy’u Rwanda, RwandAir, cyatangije ingendo zigana i Lubumbashi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, urugendo rwa kabiri itangije muri kiriya gihugu nyuma y’urujya i Kinshasa guhera muri Mata 2019.

Ni nyuma y’umunsi umwe gusa RwandAir itowe nka “Best Airline Staff in Africa” kubera serivisi nziza itanga, inaza ku mwanya wa kabiri mu bigo by’indege byo mu karere ku rutonde rwakozwe n’ikigo gikurikirana iby’indege cya Skytrax, binyuze mu bihembo bizwi nka World Airline Awards.

Ni mu gihe ku wa 15 Ukwakira RwandAir izatangiza urugendo rwa gatatu rugana muri RDC, mu mujyi wa Goma.

Umuyobozi mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, aheruka kuvuga ko uru rugendo ruzajya rukorwa inshuro ebyiri mu cyumweru ruzongera amahitamo ku bashaka gukora ingendo hagati y’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, cyangwa bagakomereza no mu bindi byerekezo.

Ati “RwandAir ihora ishaka amasoko mashya mu kwagura ingendo z’indege no kwagura ibyerekezo ku bagenzi, bitari muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara gusa ahubwo no mu byerekezo bikeneye ingendo ndende.”

Biteganywa ko ingendo zijya i Lubumbashi zizajya zihaguruka i Kigali buri wa Mbere no ku wa Gatatu saa 10:10 za mu gitondo, zikagerayo saa 12:10. Indege izajya igaruka 5:00 z’umugoroba, igere mu Rwanda saa 7:00 z’ijoro.

Lubumbashi ni umuyi ukomeye muri RDC, cyane cyane mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Kugeza ubu RwandAir yifashishije indege 12, ikora ingendo mu bihugu 21 byo muri Afurika, u Burayi, Uburasirazuba bwo hagati na Aziya.

Mu bihembo byatanzwe Skytrax kandi RwandAir yaje ku mwanya wa kabiri ku isi mu bigo by’indege byateye intambwe ikomeye mu 2021, inyuma ya Saudi Arabian Airlines. Ku mwanya wa gatatu haje JetSmart.

Abagenzi benshi bajyanye na RwandAir mu rugendo rwa mbere i Lubumbashi
TAGGED:featuredLubumbashiRDCRwandAir
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubufatanye Mu Bukungu Bw’URwanda Na Zimbabwe Bwongerewemo Imbaraga
Next Article RTDA Mu Kibazo N’Umushoramari Ku Muhanda Muhanga-Karongi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?