Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwangombwa Yavanywe Mu Buyobozi Bwa BNR
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Rwangombwa Yavanywe Mu Buyobozi Bwa BNR

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 February 2025 5:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe bitangaza ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yahinduye Guverineri wa Banki Nkuru Bwana John Rwangombwa amusimbuza uwari umwungirije Madamu Soraya Hakuziyaremye.

Ubusanzwe Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu agira manda y’imyaka itanu ishobora kungerwa rimwe.

Soraya azungirizwa na Dr. Justin Nsengiyumva. Rwangombwa ni umucungamari wabigize umwuga.

Mu mirimo ya Leta ijyanye n’ubu bumenyi, yayitangiriye mu Kigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro, aba Komiseri mukuru ushinzwe ibikorwa, hari hagati ya 1998 na 2002.

Muri uwo mwaka yahinduriwe imirimo ajyanwa muri Minisiteri y’imari n’igenamigambi, ashinzwe ikigega cya Leta, ibyo bita mu Cyongereza National Treasury Department.

Nyuma y’imyaka itatu yahise agirwa Umucungamari mukuru muri iyi Minisiteri, hari mu mwaka wa 2005.

Mu mwaka wa 2009 yabaye Minisitiri w’imari n’igenamigambi.

Tariki 25, Gashyantare, 2013 John Rwangomwa yagizwe Guverineri wa Banki nkuru y’u Rwanda, umurimo yakoze kugeza kuri uyu wa Kabiri ubwo yawusimburwagaho na Soraya Hakuziyaremye wari umwungirije.

Ubwo yajya ku nshingano zo kuyobora BNR, Rwangombwa yari asimbuye Francois Kanimba nawe wari umaze manda ebyiri ayiyobora.

TAGGED:BankiBNRfeaturedRwangombwaSorayaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Icyo Kagame Yatwifuzagaho Ni Ugutanga Serivisi Nziza-Umuyobozi Wa Operation Smile
Next Article Ugirashebuja Yagejeje Mu Nteko Umushinga W’Itegeko Rigenga Inshingano N’Ibisa Nazo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?