Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwangombwa Yavanywe Mu Buyobozi Bwa BNR
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Rwangombwa Yavanywe Mu Buyobozi Bwa BNR

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 February 2025 5:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe bitangaza ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yahinduye Guverineri wa Banki Nkuru Bwana John Rwangombwa amusimbuza uwari umwungirije Madamu Soraya Hakuziyaremye.

Ubusanzwe Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu agira manda y’imyaka itanu ishobora kungerwa rimwe.

Soraya azungirizwa na Dr. Justin Nsengiyumva. Rwangombwa ni umucungamari wabigize umwuga.

Mu mirimo ya Leta ijyanye n’ubu bumenyi, yayitangiriye mu Kigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro, aba Komiseri mukuru ushinzwe ibikorwa, hari hagati ya 1998 na 2002.

Muri uwo mwaka yahinduriwe imirimo ajyanwa muri Minisiteri y’imari n’igenamigambi, ashinzwe ikigega cya Leta, ibyo bita mu Cyongereza National Treasury Department.

Nyuma y’imyaka itatu yahise agirwa Umucungamari mukuru muri iyi Minisiteri, hari mu mwaka wa 2005.

Mu mwaka wa 2009 yabaye Minisitiri w’imari n’igenamigambi.

Tariki 25, Gashyantare, 2013 John Rwangomwa yagizwe Guverineri wa Banki nkuru y’u Rwanda, umurimo yakoze kugeza kuri uyu wa Kabiri ubwo yawusimburwagaho na Soraya Hakuziyaremye wari umwungirije.

Ubwo yajya ku nshingano zo kuyobora BNR, Rwangombwa yari asimbuye Francois Kanimba nawe wari umaze manda ebyiri ayiyobora.

TAGGED:BankiBNRfeaturedRwangombwaSorayaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Icyo Kagame Yatwifuzagaho Ni Ugutanga Serivisi Nziza-Umuyobozi Wa Operation Smile
Next Article Ugirashebuja Yagejeje Mu Nteko Umushinga W’Itegeko Rigenga Inshingano N’Ibisa Nazo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?