Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: SADC Yongereye Igihe Ingabo Zayo Zizamara Muri Cabo Delgado
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

SADC Yongereye Igihe Ingabo Zayo Zizamara Muri Cabo Delgado

Last updated: 13 January 2022 11:18 am
Share
SHARE

Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Amayepfo (SADC) wongereye igihe ingabo zawo zizamara mu butumwa bwo guhangana n’iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique (SAMIM), wemeza ko hari intambwe ikomeye imaze guterwa.

Inama y’abakuru b’ibihugu bigize SADC yateranye kuri uyu wa 12 Mutarama 2022 i Lilongwe muri Malawi, iyobowe na Perezida w’icyo gihugu Dr. Lazarus McCarthy Chakwera.

Mu myanzuro yayo harimo ko “yashimye intambwe nziza zimaze guterwa kuva ubutumwa bwa SADC muri Mozambique bwatangira, inongerera igihe izo nshingano hamwe n’ingengo y’imari bijyana, ndetse izakomeza gukurikirana intambwe zigenda ziterwa mu gihe kiri imbere.”

Ntabwo ariko igihe cyongerewe kuri ubwo butumwa cyatangajwe.

Ingabo za SADC zoherejwe muri Mozambique ku wa 15 Nyakanga 2021, nyuma y’igihe gito u Rwanda rwoherejeyo abasirikare n’abapolisi 1000 baje kongerwa.

U Rwanda narwo ruheruka kongera amasezerano na Mozambique ngo rukomeze gutanga umusanzu mu kurwanya iterabwoba, hakiyongeraho gufasha mu kubaka ubushobozi bw’inzego z’umutekano z’icyo gihugu haba mu gisirikare n’igipolisi.

Inama ya SADC kandi yihanganishije ibihugu n’imiryango y’abasirikare bamaze kugwa ku rugamba muri Mozambique, inifuriza abakomeretse gukira vuba, nk’uko bigaragara mu itangazo ryasohowe nyuma yayo.

Ntabwo umubare wabo watangajwe.

Uretse gufasha mu kugarura amahoro, ibihugu bya Malawi, Afurika y’Epfo na Zimbabwe byemeye gutanga inkunga z’ibiribwa zifasha mu gutunga abavanywe mu byabo n’intambara muri Cabo Delgado.

Mu nama yo kuri uyu wa Gatatu kandi hemejwe gahunda y’ibikorwa yo gufasha Mozambique kurenga imbogamizi ziyongera ku bibazo by’iterabwoba, zirimo kubaka amahoro, umutekano no kuzahura imibereho myiza n’ubukungu by’abatuye intara ya Cabo Delgado.

Iyo nama kandi yashimye uburyo Mozambique yatangije gahunda yo kubaka bundi bushya Cabo Delgado (Cabo Delgado Reconstruction Plan) kugira ngo serivisi zose zongere gutangwa uko bikwiye.

 

TAGGED:AbapolisiCabo DelgadofeaturedIngaboMalawiMozambiqueSADC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibigo 6 Byagiye Mu Burasirazuba Bwo Hagati Kubakundisha Ikawa Y’u Rwanda
Next Article Imyigaragambyo Mu Mujyi Wa Kigali: Abamotari Hari Ibyo Basaba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwatsinze Uganda Mu Mikino Ya Handball

Kuki Amasezerano Y’Amahoro Akunze Kudakurikizwa?

Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUtuntu n'Utundi

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?