Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sandra Ndayizeye Umukobwa W’Uwayoboye u Burundi Yafunzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Sandra Ndayizeye Umukobwa W’Uwayoboye u Burundi Yafunzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 September 2022 8:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Maître Ndayizeye Sandra( ni umukobwa wa Domitien Ndayizeye) akaba n’umunyamategeko yatawe muri yombi. Asanzwe ari umwe mu bunganira mu mategeko (Avocat) uwahoze ari umuyobozi mukuru w’ibitaro byitwa Kira Hospital  bikaba ibya mbere mu bikomeye mu Burundi.

Ni ibitaro bisanzwe bicishwamo  inkunga itangwa n’ibigo mpuzamahanga byita ku buvuzi.

Ibi bitaro kandi  bikorana bya hafi na Leta kubera ko ari byo bifite ibikoresho bigezweho mu buvuzi kurusha ibindi mu Burundi.

Inzezo z’ubugenzacyaha mu Burundi zafashe Sandra Ndayizeye Taliki 26, Nzeri, 2022 zimusanze iwe i Bujumbura.

Akekwaho kumenya amabanga menshi ya Dr Christophe Sahabo asanzwe yunganira mu mategeko.

Maître Niyonzima Gustave, uvugira Dr Sahabo Christophe imbere y’ubutabera mpuzamahanga niwe wemeje ko  Maître Sandra Ndayizeye afunzwe n’ubutegetsi bw’u Burundi.

Hari amakuru avuga ko hari abantu bakomeye bafashe umwanzuro ku giti cyabo ngo bafungishe uriya mugore kubera ko bifuza kwigarurira biriya bitaro bikomeye.

Domitien Ndayizeye, umubyeyi wa Sandra Ndayizeye

Ngo mu gushaka kwegukana biriya bitaro byinjiza agatubutse mu Burundi,  habanje gushakwa uko higizwayo ababifitemo imigabane munini.

Uwafunzwe ku ikubitiro ni Dr Christophe Sahabo ku itegeko bivugwa ko ryatanzwe na Perezida Evariste Ndayishimiye.

Yari akurikiranweho icyaha  cyo “korohereza abashoramari bo hanze gushora imigabane mu bitaro Leta isanzwe ifitemo imigabane minini.”

Icyakora ishyirahamwe ry’abashoramari bo mu Busuwisi ryitwa “SwissMed International” ryamagana ibivugwa na Leta y’u Burundi rikemeza ko ariryo rifite imigabane myinshi muri Kira Hospital, ko Dr Sahabo afunzwe ku mpamvu za politiki.

Usibye Maître Sandra Ndayizeye ufunzwe, na  murumuna wa Dr Sahabo Christophe ku wa kabiri nawe yatawe muri yombi nabo mu rwego rw’iperereza.

Uyu mugabo witwa Étienne Sahabo ashinjwa kuvugana n’abanyamigabane b’Abasuwisi bafatwa nk’intambamyi mu kwigarurira biriya bitaro.

Perezida w’u Burundi aherutse kwerura ko dosiye ya Dr Sahabo ayifitemo ukuboko kuko yiyemeje kugaruza amafaranga y’igihugu.

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi imbere y’imbaga yakuyeho igihu cyo kuvuga ko yaba afungiwe ibijyanye n’ubwoko bwe.

Leta y’u Burundi irashaka ko ibi bitaro bidakomeza kugenzurwa n’Abasuwisi ku kigero cyo hejuru

Ati: “Njyewe iyo mvuze, mba nzi agaciro k’igishoro cya Leta kugira ngo menye inyungu izaboneka, Hari iperereza ryigenga ryabaye ryerekana ko imigabane ya Leta ari 70%.”

Ng’uko uko dosiye ya biriya bitaro ihagaze kugeza ubu.

TAGGED:AbasuwisiBurundifeaturedIbitaroNdayizeyePerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abatalibani Bakomeje Kuburabuzwa N’Abagaba Ibitero Mu Murwa Mukuru
Next Article Burkina Faso: Hafi Y’Ibiro By’Umukuru W’Igihugu ‘Nanone’ Humvikanye Amasasu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?