Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sanlam General Insurance Yahawe Umuyobozi Mushya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Sanlam General Insurance Yahawe Umuyobozi Mushya

admin
Last updated: 27 July 2021 7:23 pm
admin
Share
SHARE

Betty Sayinzoga yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Sanlam General Insurance mu Rwanda, ikigo gikomeye kandi gifite isoko rinini mu bijyanye na serivisi z’ubwishingizi mu gihugu.

Sanlam General Insurance na Sanlam Life Insurance ni amashami ya Sanlam Group, ikigo cyo muri Afurika y’Epfo.

Sayinzoga yasimbuye Fiacre Godard Birasa wayoboraga Sanlam General Insurance. Iri ni ryo shami usagamo ubwishingizi bw’ibinyabiziga, nka kimwe mu byishingirwa kurusha ibindi mu Rwanda.

Sanlam mu Rwanda igizwe n’icyahoze cyitwa SORAS cyahinduriwe izina nyuma yo guhuzwa na SAHAM Rwanda Ltd, mu mwaka wa 2019.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Sayinzoga yahawe izi nshingano mu gihe urwego rw’ubwishingizi rukeneye amavugurura akomeye, bijyanye n’ibihe bitoroshye by’ubukungu.

Urwego rw’ubwishingizi mu Rwanda ariko rurimo amahirwe atarabyazwa umusaruro, bijyanye n’uko mu mwaka ushize wa 2020 ikigero cy’ubwitabire mu bwishingizi cyari 2.8%. Icyifuzo cyari ko uwo mwaka warangira nibura bugeze kuri 3.5%.

Sayinzoga afite ubunararibonye mu bijyanye n’imari cyane yane mu micungire y’abakozi n’ubwishingizi.

Guhera mu 2009 yakoraga muri Banque Populaire du Rwanda kugeza mu 2012, ari umuyobozi ushinzwe abakozi.

Yaje kujya mu kigo gikora ubugenzuzi cya PriceWaterhouseCoopers (PwC) kugeza muri Nyakanga 2014, ajya kuba umuyobozi ushinzwe abakozi muri Prime Insurance kugeza mu 2015.

- Advertisement -

Yagizwe Umuyobozi mukuru wa Prime Life Insurance kugeza mu mwaka wa 2017 ubwo yagirwaga Umuyobozi mukuru wa Saham Assurance.

Mu 2019 Saham na SORAS byaje kwihuza, bihinduka Sanlam.

Kuva muri Mutarama 2020 Sayinzoga yari umwe mu bagize itsinda rikurikirana ukwagura no guhuza ibikorwa bya Sanlam (Business Integration Team).

TAGGED:Betty SayinzogafeaturedSanlam General InsuranceSanlam Group
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Botswana Yohereje Abasirikare Muri Mozambique
Next Article Kudasinzira Neza Mu Ijoro Bishobora Kukwirukanisha Ku Kazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?