Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sarkozy Arasubira Mu Rukiko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Sarkozy Arasubira Mu Rukiko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 March 2021 6:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya ruswa agakatirwa imyaka itatu y’igifungo irimo ibiri isubitse, Bwana Nicolas Sarkozy aritaba Urukiko ku kirego cy’uko yahuguje amafaranga uwahoze ayobora Libya amadolari menshi kugira ngo abone ayo ashora mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo mu mwaka wa 2021.

Tariki 01, Werurwe, 2021 nibwo Urukiko rwahamije Sarkozy icyaha cyo gukoresha nabi ububasha yari afite nk’Umukuru w’igihugu no guhabwa ruswa.

Iyi ruswa yayihawe n’umugore wari umucuruzi ukomeye mu Bufaransa witwa Liliane Betterncourt washakaga ko Sarkozy natsinda azamwongerera amahirwe mu bucuruzi bwe ubwo yari kuba atsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Manda ya Mbere yatangiye muri 2007.

Ku byerekeye uburiganya yakoreye Mohamar Khaddaffi, ubushinjacyaha buvuga ko yamuriganyije amafaranga agera kuri miliyoni $24 ubwo yiteguraga kwiyamamariza manda ya kabiri muri 2012.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ariya mafaranga amaze kuyabona yahisemo kuyaryohamo mu minsi ya nyuma y’uko arangiza manda ye ndetse no mu minsi ya nyuma yo kwiyamamaza kwe ubwo yari ahanganye na Bwana François Hollande waje kumutsinda.

Urubanza kuri iki kintu ruratangira kuri uyu wa Gatatu tariki 17, Werurwe ruzarangire tariki 14, Mata, 2021.

AFP ivuga ko nahamwa n’icyaha azafungwa umwaka umwe, atanga n’amande y’ibihumbi 3,750  by’ama euro.

Ibyo aregwa byose arabihakana.

Ashinjwa kuriganya Khaddaffi
TAGGED:featuredKhaddaffiSarkozyUrubanzaUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article LeBron James Yaguze Imigabane Muri Liverpool
Next Article Inyeshyamba Zagabye Igitero Muri Uganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?