Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sassou Nguesso Ntashyigikiye Ibihano Byafatirwa u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ntashyigikiye Ibihano Byafatirwa u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 February 2025 2:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Congo Brazzaville Dénis Sassou Nguesso avuga ko inzira yo gufatira u Rwanda ibihano ngo rukunde rwumvire ibyo amahanga arushinja idashobora kugarura amahoro mu Karere.

Yabibwiye France 24 mu kiganiro kihariye yayihaye ubwo yagarukaga ku ntambara imaze igihe mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ihanganishije M23 na Kinshasa.

Yabajijwe niba asanga igitutu gishyirwa mu Rwanda ngo rwemere ibyo amahanga arusaba ari cyo cyatuma ibibera hariya bihosha, avuga ko nta na rimwe ibyo byigeze bigira icyo bikemura.

Ati: “ Simbona ukuntu ibihano byatuma ibintu bijya ku murongo. Mwibuke ko turi mu bihe by’intambara aho buri ruhande rugerageza gusiga urundi icyasha. Kuri twe, ibiganiro nibyo ngenzi kuko twabonye ko ibihano bidakemura ikibazo mu by’ukuri. Ibiganiro nibyo bikemura ikibazo mu mizi yacyo”.

Dénis Sassou Nguesso avuga ko ibyo biganiro bizabaho kuko asanga nta kundi byagenda.

Mu buryo buca amarenga, yavuze ko bishoboka ko nawe yaba umuhuza muri iki kibazo.

Yabwiye bagenzi bacu ba France 24 ko mu buryo no mu bihe bitandukanye yakiganiriyeho na Félix Tshisekedi na Paul Kagame, bityo ko azi iby’iki kibazo.

Nawe, kimwe n’abandi bakuru b’ibihugu, yemeza ko ibibazo by’abanya Afurika bikwiye gukemurwa nabo, abandi bakaza bunganira.

Yizera ko igihe kizagera Kagame agahura na Tshisekedi bakaganira imbonankubone kuko ikibazo kivugwaho muri iki gihe kibareba mu buryo bwihariye.

Ikiganiro yabivugiyemo cyabereye i Addis Ababa ahari icyicaro cy’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe aho Nguesso yari yagiye mu Nteko rusange y’uyu muryango iherutse kuhateranira.

TAGGED:AfurikafeaturedibihanoInamaKagameNguessoTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Urugero Rwiza Rwo Gusesagura Na Duke Wari Ufite
Next Article Nyamasheke: Imiryango 24 Ntifite Aho Kurambika Umusaya Nyuma Y’Inkubi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?