Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sassou Nguesso Ntashyigikiye Ibihano Byafatirwa u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ntashyigikiye Ibihano Byafatirwa u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 February 2025 2:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Congo Brazzaville Dénis Sassou Nguesso avuga ko inzira yo gufatira u Rwanda ibihano ngo rukunde rwumvire ibyo amahanga arushinja idashobora kugarura amahoro mu Karere.

Yabibwiye France 24 mu kiganiro kihariye yayihaye ubwo yagarukaga ku ntambara imaze igihe mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ihanganishije M23 na Kinshasa.

Yabajijwe niba asanga igitutu gishyirwa mu Rwanda ngo rwemere ibyo amahanga arusaba ari cyo cyatuma ibibera hariya bihosha, avuga ko nta na rimwe ibyo byigeze bigira icyo bikemura.

Ati: “ Simbona ukuntu ibihano byatuma ibintu bijya ku murongo. Mwibuke ko turi mu bihe by’intambara aho buri ruhande rugerageza gusiga urundi icyasha. Kuri twe, ibiganiro nibyo ngenzi kuko twabonye ko ibihano bidakemura ikibazo mu by’ukuri. Ibiganiro nibyo bikemura ikibazo mu mizi yacyo”.

Dénis Sassou Nguesso avuga ko ibyo biganiro bizabaho kuko asanga nta kundi byagenda.

Mu buryo buca amarenga, yavuze ko bishoboka ko nawe yaba umuhuza muri iki kibazo.

Yabwiye bagenzi bacu ba France 24 ko mu buryo no mu bihe bitandukanye yakiganiriyeho na Félix Tshisekedi na Paul Kagame, bityo ko azi iby’iki kibazo.

Nawe, kimwe n’abandi bakuru b’ibihugu, yemeza ko ibibazo by’abanya Afurika bikwiye gukemurwa nabo, abandi bakaza bunganira.

Yizera ko igihe kizagera Kagame agahura na Tshisekedi bakaganira imbonankubone kuko ikibazo kivugwaho muri iki gihe kibareba mu buryo bwihariye.

Ikiganiro yabivugiyemo cyabereye i Addis Ababa ahari icyicaro cy’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe aho Nguesso yari yagiye mu Nteko rusange y’uyu muryango iherutse kuhateranira.

TAGGED:AfurikafeaturedibihanoInamaKagameNguessoTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Urugero Rwiza Rwo Gusesagura Na Duke Wari Ufite
Next Article Nyamasheke: Imiryango 24 Ntifite Aho Kurambika Umusaya Nyuma Y’Inkubi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

You Might Also Like

Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?