Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sena Yabajije Inzego Za Siporo ‘Itegura’ Rivugwa Mu Mupira W’Amaguru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Sena Yabajije Inzego Za Siporo ‘Itegura’ Rivugwa Mu Mupira W’Amaguru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 March 2023 4:12 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Sena y’u Rwanda yakiriye inzego za Siporo zihagarariwe na Minisiteri yayo ngo baganire ku bibazo biri muri Siporo mu Rwanda muri rusange n’umupira w’amaguru by’umwihariko. Senateri Marie Rose Mureshyankwano yasabye FERWAFA guca ikitwa ‘gutegura’ kuvugwa mu mupira w’amaguru

Inama yabaye kuri uyu wa Gatatu yari nyunguranabitekerezo ikaba yarateguwe na Sena y’u Rwanda.

Sen Mureshyankwano Marie Rose Yabajije inzego bireba aho zigeze zirwanya ibyo yavuze ko byitwa ’Gutegura’.

Uko ‘gutegura’ ni ijambo rikoreshwa cyane mu mupira w’amaguru.

Mureshyankwano ati: “Ikipe ishobora gutsinda habayemo amanyanga kuko umuntu ashobora gutsinda hakoreshejwe amanyanga ariko yagera mu marushanwa mpuzamahanga agatsindwa.”

FERWAFA ngo izi iki kibazo…

Perezida wa FERWAFA Nizeyimana Mugabo Olivier yabwiye Abasenateri ko iki kibazo ‘kizwi kandi kiri mu bimunga umupira w’amaguru’ ku isi.

No mu Rwanda ngo birahari kandi hari ibyagejejwe mu bushinjacyaha kubera ko byagizwe ibirego.

Nizeyimana ati: “Hari aho tugeza duhana n’aho tugeza dushaka ibimenyetso. Hari ibyo abakozi batemerewe cyangwa se badafitiye ubushobozi.”

Avuga ko hari ibiterwa n’abasifuzi akongeraho ko muri rusange bigoye ko umukino warangira nta ‘gutegura’ bihavuzwe.

Perezida wa FERWAFA avuga ko ari ngombwa kwegera abasifuzi bagahugurwa kandi ngo u Rwanda rukeneye na VAR ngo ice impaka.

Icyakora ngo iyi irahenze cyane.

Abasifuzu b’inyangamugayo nabo barakenewe.

Perezida wa FERWAFA yazanyemo n’indi ngengo idasanzwe ivugwaho: Ubucuti bw’abayobozi b’amakipe.

Avuga ko hari igihe abayobozi b’amakipe bajya hamwe bakaganira umwe agasaba undi kumuhesha  amanota atatu kubera ko amerewe nabi.

Kuri iyi ngingo ngo biragoye kubirwanya kubera ko no kubibona ibimenyetso bitoroshye.

Umuyobozi wa FERWAFA yavuze ko hari gahunda yo kuzakorana inama n’abayobozi b’amakipe bakaganirizwa uko iyo migirire yacika.

Ifoto rusange yahuje Abasenateri n’abayobozi ba Siporo mu Rwanda
TAGGED:AbasifuzifeaturedFERWAFAUmupira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Baraburirwa Kubera Imvura Nyinshi Iri Imbere
Next Article Gusana Ukraine Bizatwara Miliyari $ 411
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?