Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sena Y’u Rwanda Mu Mikoranire N’Iya Eswatini
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Sena Y’u Rwanda Mu Mikoranire N’Iya Eswatini

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 March 2023 12:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri taliki 07, Werurwe, 2023, Perezida wa Sena y’u Rwanda Dr. Kalinda François Xavier yakiriye mugenzi we wo muri Eswatini witwa  Hon. Sen. Pastor Lindiwe Dlamini.

Dlamini ari Rwanda mu ruzinduko rw’akazirugamije kwigira ku mikorere ya buri munsi ya Sena y’u Rwanda.

Mu kiganiro yatanze cyerekeye uruzinduko rwe, Perezida wa Sena ya Eswatini Hon Pastor Lindiwe Dlamini yavuze ko we n’itsinda bazanye mu Rwanda, baje kwiga uko u Rwanda rwabigenje ngo rureka guheranwa n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Avuga ko u Rwanda rwgaragaje ubudaheranwa n’umwete wo kwiyubaka nyuma y’ibihe byakaga rwanyuzemo.

Hon. Sen. Pastor Lindiwe Dlamini ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine.

Eswatini

Eswatini kwa Mswati

Eswatini ituwe n’abaturage 1,160,164. Umurwa mukuru ni Mbabane.

Uretse ubwoko bw’aba Swazi buhiganje, ubundi bubugwa mu ntege ni aba Zulu.

Eswatini ni ubwami bwahoze bwitwa Swaziland.

Swazi ni ubwoko bwiganje muri buriya bwami buhereye mu rubavu rwagati rw’igihugu cy’Afurika y’Epfo.

Mu mwaka wa 2018 nibwo izina Swaziland ryahinduwe riba eSwatini.

Ni kimwe mu bihugu bito biri ku isi muri rusange no muri Afurika by’umwihariko.

Mu kinyejana cya 18 rwagati nibwo ubwami bwa eSwatini bwashinzwe.

Umwami wabwo wa mbere yitwaga Ngwane III.

Uwategetse ubu bwami bugakomera ndetse akaba asa n’aho ari we wamamaye kurusha abandi ni uwitwa Mswati II, uyu yaguye ubu bwami atuma ubwoko bw’aba Swazi bukomera.

Icyakora yaje gukomwa mu nkokora n’uko Abazungu bigabanyije Afurika  mu Ntangiriro z’ikinyejana cya 19 nyuma ya Yezu Kristu.

Mu mwaka wa 1903 iki gihugu cyabaye indagizanyo y’Abongereza kugeza mu mwaka wa 1968 muri Nzeri ubwo cyabonaga ubwigenge.

Eswatini iyoborwa nk’ubwami bufite ububasha bwuzuye.

Abahanga mu by’imitegekere bavuga Icyongereza babyita Absolute Monarchy.

Amatora aba ku bagize Inteko ishinga amategeko bonyine, ni ukuvuga Umutwe w’Abadepite n’umutwe wa Sena.

Itegeko nshinga bagenderaho muri iki gihe ryatowe mu mwaka wa 2005.

TAGGED:AmatoraEswatinifeaturedKalindaPerezidaRwandaSenaUbwami
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article REG BBC Yagiye Muri Senegal Gukina BAL 2023
Next Article Inturusu: Igiti Abanyarwanda Bakunda Ariko Kibangamiye Ibidukikije
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Babwiye Polisi Ikibatera Kwiba

Bukavu: Abantu Bahiriye Mu Nzu

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?