Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Senateri Nkusi Juvénal Aratabariza Koperative Y’I Muhanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Senateri Nkusi Juvénal Aratabariza Koperative Y’I Muhanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 January 2024 6:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uhagaraririye itsinda ry’iterambere n’imari muri Sena y’u Rwanda Senateri Nkusi Juvénal avuga ko hari Koperative mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga igiye kurunduka. Asaba ubuyobozi bwa RCA n’ubw’Akarere kuyitabara kuko yatangiranye abanyamuryango 1800, ubu ifite abagera kuri 20.

Nkusi avuga ko iki ari ikibazo kigomba guhagurukirwa, hakarebwa impamvu z’uko gusenyuka kugira bitazaba no mu zindi Koperative.

Iki cyifuzo cye yakigejeje  ku bayobozi ba RCA(ni Ikigo cy’igihugu kita ku Makoperative) n’abayobozi mu Karere ka Muhanga mu nama yabahuje ngo bigire hamwe uko Koperative z’i Muhanga zihagaze mu iterambere.

Ati: ”Iki ni ikibazo inzego zigomba kwitaho, zigahagurukira imikorere y’Amakoperative kugira ngo adahomba.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hon Nkusi avuga ko iyo ibikorwa bya Koperative bisinziriye bihombya abanyamuryango, kuri we kandi umubare w’abaturage baba mu makoperative ugomba kujyanirana n’inyungu bayakuramo.

Mu gihe Nkusi asaba ko hari Koperative ifashwa kuzanzamuka, ku rundi ruhande,  hari indi(nayo y’i Muhanga) ivugwamo icyenewabo mu buyobozi.

Kandi ubuyobozi bwa RCA bwavugiye muri iriya nama ku buyizi buzi n’icyo kibazo.

Umuyobozi mukuru wa RCA Dr Mugenzi Patrice avuga ko bafite ingero za Koperative iyobowe n’abantu bo mu muryango umwe ku buryo umwana asimburana na Nyina ku buyobozi.

Dr. Mugenzi yagize ati:  “Hari Koperative abantu bo mu muryango umwe bahinduye akarima kabo, ibi ni ikibazo twifuza guca mu makoperative.”

- Advertisement -

Avuga ko imiyoborere nk’iyo idashobora guteza imbere abanyamuryango ba Koperative ahubwo ko ibasubiza inyuma bagahombya.

Mu magambo ye, Dr. Patrice Mugenzi avuga ko ibi bigomba guhinduka.

Bagenzi bacu bakorera UMUSEKE mu Karere ka Muhanga bavuga ko bafite amakuru avuga ko hari izindi Koperative zangiwe guhabwa ibyangombwa kubera ko RCA yazisabye kubanza gukemura icyo kibazo yazumvisemo.

Itegeko ryemerera RCA kugenza ibyaha bikorerwa mu Makoperative ariko ikabikora ku bufatanye buziguye na RIB.

TAGGED:featuredKoperativeMuhangaNkusiSenateri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda ‘Rushobora” Kuzasubiza Ubwongereza Amafaranga Yari Agenewe Abimukira
Next Article RDF Yongerereye Abasirikare Bayo Ubumenyi Buhambanye Mu Kazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?