Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Senateri Nkusi Juvénal Aratabariza Koperative Y’I Muhanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Senateri Nkusi Juvénal Aratabariza Koperative Y’I Muhanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 January 2024 6:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uhagaraririye itsinda ry’iterambere n’imari muri Sena y’u Rwanda Senateri Nkusi Juvénal avuga ko hari Koperative mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga igiye kurunduka. Asaba ubuyobozi bwa RCA n’ubw’Akarere kuyitabara kuko yatangiranye abanyamuryango 1800, ubu ifite abagera kuri 20.

Nkusi avuga ko iki ari ikibazo kigomba guhagurukirwa, hakarebwa impamvu z’uko gusenyuka kugira bitazaba no mu zindi Koperative.

Iki cyifuzo cye yakigejeje  ku bayobozi ba RCA(ni Ikigo cy’igihugu kita ku Makoperative) n’abayobozi mu Karere ka Muhanga mu nama yabahuje ngo bigire hamwe uko Koperative z’i Muhanga zihagaze mu iterambere.

Ati: ”Iki ni ikibazo inzego zigomba kwitaho, zigahagurukira imikorere y’Amakoperative kugira ngo adahomba.”

Hon Nkusi avuga ko iyo ibikorwa bya Koperative bisinziriye bihombya abanyamuryango, kuri we kandi umubare w’abaturage baba mu makoperative ugomba kujyanirana n’inyungu bayakuramo.

Mu gihe Nkusi asaba ko hari Koperative ifashwa kuzanzamuka, ku rundi ruhande,  hari indi(nayo y’i Muhanga) ivugwamo icyenewabo mu buyobozi.

Kandi ubuyobozi bwa RCA bwavugiye muri iriya nama ku buyizi buzi n’icyo kibazo.

Umuyobozi mukuru wa RCA Dr Mugenzi Patrice avuga ko bafite ingero za Koperative iyobowe n’abantu bo mu muryango umwe ku buryo umwana asimburana na Nyina ku buyobozi.

Dr. Mugenzi yagize ati:  “Hari Koperative abantu bo mu muryango umwe bahinduye akarima kabo, ibi ni ikibazo twifuza guca mu makoperative.”

Avuga ko imiyoborere nk’iyo idashobora guteza imbere abanyamuryango ba Koperative ahubwo ko ibasubiza inyuma bagahombya.

Mu magambo ye, Dr. Patrice Mugenzi avuga ko ibi bigomba guhinduka.

Bagenzi bacu bakorera UMUSEKE mu Karere ka Muhanga bavuga ko bafite amakuru avuga ko hari izindi Koperative zangiwe guhabwa ibyangombwa kubera ko RCA yazisabye kubanza gukemura icyo kibazo yazumvisemo.

Itegeko ryemerera RCA kugenza ibyaha bikorerwa mu Makoperative ariko ikabikora ku bufatanye buziguye na RIB.

TAGGED:featuredKoperativeMuhangaNkusiSenateri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda ‘Rushobora” Kuzasubiza Ubwongereza Amafaranga Yari Agenewe Abimukira
Next Article RDF Yongerereye Abasirikare Bayo Ubumenyi Buhambanye Mu Kazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

Umwami Wa Maroc Yandikiwe Ikiruhuko Kubera Uburwayi 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?