Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Shema Maboko Wo Muri Minisiteri Ya Siporo Yavanywe Ku Mirimo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Shema Maboko Wo Muri Minisiteri Ya Siporo Yavanywe Ku Mirimo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2022 7:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itangazo ryaraye risohowe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe rivuga ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yahagaritse mu mirimo ye uwari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo Bwana Shema Maboko Didier.

Nta bisobanuro bitangwa kuri iri hagarikwa rye Maboko, icyakora hari amakuru amaze iminsi avuga ko hari ubwumvikane buke muri iriya Minisiteri ku byemezo runaka kandi bikomeye bigatera umwuka mubi mu bakozi n’abayobozi.

Ibi byatumye bamwe mu bayobozi muri iyi Minisiteri bahagarikwa.

Shema Maboko Didier ‘avugwaho’ kuba yagiraga uruhare muri ubwo bwumvikane buke.

Itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w'Intebe | Communiqué from the Office of the Prime Minister pic.twitter.com/VdKYYps04f

— Office of the PM | Rwanda (@PrimatureRwanda) September 16, 2022

Didier Shema Maboko yari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo kuva mu Ugushyingo, 2019.

Mbere y’uko agirirwa icyizere ngo ajye muri Minisiteri y’imikino, Maboko yari umusifuzi mpuzamahanga wa Basketball.

Yari kandi umuyobozi wa Tekinike mu Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA).

Yavutse Tariki ya 15 Werurwe 1980 mu Karere ka Nyarugenge.

Se ni Ndarusanzwe Augustin Nyina akaba Musabyemariya Génèvieve, akaba umwana wa kabiri mu muryango w’abahungu bane n’umukobwa umwe.

Ni umugabo wubatse ufite umugore n’abana.

Amashuri abanza yayize muri Camp Kigali, icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye acyigira kuri Saint André mbere yo gutangira kwiga Ecole Zairoise mu ishami ry’uburezi.

Mu mwaka wa 2007 nibwo  Maboko yarangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza muri Kaminuza y’u Rwanda aho yigaga Siporo.

Ari mu Banyarwanda bacye cyane bize icyiciro cya gatatu muri Siporo  muri Kaminuza ya Tsukuba mu Buyapani.

Mu  mwaka wa 1991 ubwo yari afite imyaka 11 nibwo yatangiye gukina Basketball.

Yakomeje gutera imbere muri Basketball ndetse aza kuba n’umusifuzi mu mikino yahuzaga ibigo by’amashuri.

Mu 2004, nibwo yasifuye umukino wa mbere mpuzamahanga mu mikino yahuzaga imijyi yo muri Afurika y’Iburasirazuba yabereye i Kigali.

Maboko yahoze ari umusifuzi mpuzamahanga wa Basketball.

Yakomeje kuba umusifuzi mpuzamahanga mu mikino ya Basketball kugeza ubwo yagirwaga Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo mu mwaka wa 2019.

TAGGED:AmakimbiraneBasketballfeaturedImikinoMabokoMinisiteri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Bushinwa Inzu Y’Amagorofa 42 Yahiye
Next Article Abapolisi Barinda Umutekano Mu Kivu Bongererewe Ubumenyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Umutekano Mu Muhanda Uvuze Byinshi – Minisitiri Biruta

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

APR FC Yongeye Gutesha Rayon Igikombe Na Miliyoni Nyinshi

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Kenya: Inzovu Yari Ambasaderi W’Inzoga Yitwa Tusker Yapfuye

Amerika Irototera Kuzakorera Iran Nk’Ibyo Yakoreye Venezuela

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Mu mahanga

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?