Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sinavuga Ko Mossad Yarangaye Cyangwa Itarangaye- Ambasaderi Wa Israel Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Sinavuga Ko Mossad Yarangaye Cyangwa Itarangaye- Ambasaderi Wa Israel Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 October 2023 5:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Einat Weiss yabwiye abanyamakuru bo mu Rwanda ko ntacyo yatangaza ku byerekeranye niba urwego rw’ubutasi bwa Israel Mossad rwararangaye k’uburyo Hamas itera iki gihugu ikahica benshi mu minsi ishize kuko ubu icyo bareba ari ukurwana nayo kugeza bayitsinze, ibindi bikazarebwaho nyuma.

Yabivugiye mu kiganiro yageneye itangazamakuru kivuga ku byago igihugu cye cyahuye nabyo n’uko kiteguye kubyitwaramo.

Amb Weiss avuga ko ibyo Hamas yakoze ari ubwicanyi bukomeye k’uburyo nta gihugu gishobora kubyihanganira.

Abajijwe niba abona nta burangare Mossad yaba yaragize kugeza ubwo abarwanyi ba Hamas binjira mu gihugu nta makuru, Amb Einat Weiss ko atagira icyo abivugaho kuko icyo igihugu cye kimirije imbere muri iki gihe ari ukurana na Hamass kugeza bayitsinze.

Ati: “ Ubu icyo dushaka ni ukwirukana Hamas kuko ibyo yakoze ntawe byashimisha. Tuzarwana na Hamas ndetse n’abayifasha nka Iran”.

Einat Weiss avuga ko igihugu cye kizi neza ko Iran ariyo iri inyuma ya Hamas ndetse na Hezbollah

Avuga ko igihugu cye kiteguye intambara kandi ko kizayirwana igihe cyose n’ibyo bizasaba byose.

Ambasaderi Weiss avuga ko Amerika yamaze guha gasopo uwo ari we wese uzashaka gufasha Hamas ko ashatse yabireka.

Avuga ko abaturage ba Israel bose biyemeje guhagurukira hamwe bakarwana na Hamas kandi ngo nibiba ngombwa ko izarangira burundu.

Ati: “ Turi mu ntambara yatangijwe na Hamas kandi tuzayitwana. Gusa ndavuga ko tutarwana n’abaturage ba Palestine, abo duhanganye nabo ni Hamas.”

Ku rundi ruhande, avuga ko ikibabaje ariko hari ibintu bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bikabiriza ibintu, ariko Israel yo yirinda kugira abo agirira nabi.

TAGGED:featuredHamasIntambaraIsraelRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwamagana: Havumbuwe Ibuye Ry’Agaciro Rya Lithium
Next Article Musanze: Bafashwe Bacukura Icyobo Cyo Gutamo Umwana Bikekwa Ko Bishe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kenya: Batatu Mu Baje Gusezera Kuri Odinga Barasiwe Kuri Stade

Abanyaburayi Babwiwe Ibyiza Bazasanga Mu Rwanda Nibarusura

Kayonza: Imvura Yishe Batandatu Biganjemo Abana

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Abasenateri Babajije Minisante Aho Igeze Ikemura Ubuke Bw’Abaganga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Perezida Wa Misiri Yambitse Umupolisi W’u Rwanda Umudali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yihanganishije Abaturage Ba Kenya Kubera Urupfu Rwa Odinga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kabila Yashinze Ishyaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kenya Yashyizeho Icyunamo Cy’Iminsi Irindwi Bunamira Odinga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?