Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Siporo Igomba Kuba Ubucuruzi-Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Siporo Igomba Kuba Ubucuruzi-Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 December 2024 11:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Nyakubahwa Paul Kagame
SHARE

Perezida Kagame yabwiye abarahiriye inshingano nshya baherutse guhabwa muri Guverinoma y’u Rwanda ko bakwiye kuzirikana ko mu nshingano bahawe harimo n’iyo gushaka amikoro.

Abarahiye ni Nelly Mukazayire wagizwe Minisitiri wa Siporo, Rwego Ngarambe wabaye Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri, Godfrey Kabera wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’imari n’igenamigambi.

Perezida Kagame yabwiye abarahiye ko niba baje mu nshingano batabwiwe ko bakwiye no gushaka aho amikoro ava, hari icyo batabwiwe kandi cy’ingenzi.

Ati: “ Abo muri Siporo tugerageza gukora kandi Siporo mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro. Ubu Siporo ni ubucuruzi bushingiye no mu gushaka amikoro”.

Yavuze ko abo muri Minisiteri ya Siporo bakwiye gushakisha uburyo iba isoko y’amikoro kubera ko n’ubusanzwe u Rwanda rwashatse ibikorwaremezo bya Siporo ngo bibe ahantu ho kugororera imitsi ariko habyare n’amikoro.

Kagame kandi yasabye abo muri Minisiteri y’imari n’igenamigambo kuzirikana ko akazi kabo atari ukubara amafaranga ariko gusa, ahubwo ari no kumenya aho aturuka.

Bisa n’aho Perezida Kagame yasabye Minisiteri y’imari n’igenamigambi n’iya Siporo gukorana kugira ngo ibikorwa remezo u Rwanda rwubatse n’ibyo ruteganya kubaka bizabe isoko yo kubona amafaranga.

Intego ni ugushakisha uko yinjira no kanagena uko asohoka, aho ava hakaba ari ho haba hanini kurushaho nk’uko Perezida Kagame abivuga.

Avuga ko mu mirimo abo bayobozi bahawe nta kigoye, ahubwo ibintu bigorana iyo abantu bashatse ko bigorana, ndetse ngo  ushatse ko byoroha biroroha, washaka ko bikomera nabwo bigakomera ndetse ‘bikagukomerana’.

Kagame avuga ko ari ngombwa ko abantu bavuga ibikenewe, bakabyibukiranya kugira ngo imirimo irusheho kugenda neza.

TAGGED:AmikorofeaturedKagameMukazayireSiporoStade
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amavubi Yatsindiwe i Juba
Next Article Hari Ibyo RRA Isaba Abifuza Icyemezo Cy’Ubudakemwa Mu Gutanga Imisoro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Amakipe Yaturutse Muri Sudan Ari Kwitwara Neza Muri Shampiyona Y’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

You Might Also Like

Mu mahanga

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwanda Bumve Ko Batekanye- ACP Rutikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?