Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Somalia: Hoteli Ituranye N’Ibiro By’Umukuru W’Igihugu Byagabweho Igitero
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Somalia: Hoteli Ituranye N’Ibiro By’Umukuru W’Igihugu Byagabweho Igitero

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 March 2024 4:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Al-Shabaab yagabye igitero kuri Hoteli yitwa Syl iri mu murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu hafi y’Ibiro bya Perezida mu murwa mukuru.

Ababibonye babwiye Reuters ko mu gitondo bagiye kumva bumva urusaku ruremereye rw’ibisasu ruva muri iyo hoteli.

Muri icyo gihe babibona kandi hari hari abarwanyi hafi y’iyo hoteli.

Kugeza ubu hari amakuru avuga ko hari Abadepite bane babiguyemo.

Ku rundi ruhande, ntacyo Guverinoma ya Somalia irabitangazaho.

Mu majwi Al Shabaab yatangaje humvikanamo kwigamba ko  abarwanyi bayo bari bakigenzura iriya hoteli ndetse ko barasaga abasirikare ba Leta bari bari hafi aho.

Hari umuturage wo muri ako gace witwa  Farah Ali wabwiye Reuters ati: “Twabanje kumva ikintu giturika cyane, nuko hakurikiraho urusaku rw’amasasu. Twumva ko abarwanyi barimo imbere [muri hoteli] kuko turimo kumva barasana.”

Umuyobozi wo mu rwego rushinzwe umutekano muri Mogadishu  yabwiye Ibiro Ntaramakuru AFP ko hari abagabo bitwaje imbunda benshi binjiye ku ngufu muri iyo nyubako nyuma yo gusenya urukuta rw’umutekano bakoresheje igiturika cyane.

Ndetse ngo uwarokotse icyo gitero binyuze mu kurira urukuta yavuze ko yasize hari abantu benshi bapfuye baguye imbere muri iyo hoteli.

Abandi babibonye batangaje ko babonye abapolisi bahagera nyuma y’iminota gusa igitero gitangiye, batangira kurasana n’intagondwa.

Al-Shaabab igenzura ibice binini by’Amajyepfo no rwagati muri Somalia.

Ni umutwe bivugwa ko ukorana na Al-Qaeda kandi umaze imyaka hafi 20 urwanya Leta ya Somalia ishyigikiwe n’Umuryango w’Abibumbye.

TAGGED:AlfeaturedHoteliIgiteroShabaab
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yongeye Kwibutsa Abayobozi Akamaro Ko Gukorera Hamwe
Next Article Oprah Winfrey Arateganya Gusura u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?