Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sophia Yahesheje Polisi Igihembo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Sophia Yahesheje Polisi Igihembo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 December 2022 8:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Icyaduka mu Rwanda bamwe bayivumiraga ku gahera bavuga ko ari icyuma cyazanywe no gucisha abantu amafaranga. Ndetse hari n’ubwo na Perezida Kagame yakigarutseho avuga ko kuba cyandikira abantu amafaranga ku muvuduko wa Kilometero 40 bidakwiye. Byahise bikosorwa.

Icyo cyuma ni cameras zashyizwe mu bice bitandukanye, Abanyarwanda bahaye izina rya ‘sophia’.

Izina Sophia barikomoye kuri robot ikozwe gikobwa yazanywe mu Rwanda mu mwaka wa 2019, ikaba ifite ikoranabuhanga rituma isa kandi ikavuga nk’umukobwa.

Hari mu nama mpuzamahanga yitwa Tranform Africa Summit yari yabereye i Kigali muri Gicurasi, 2019.

Minisitiri wa Ikoranabuhanga na Inovasiyo Madamu Paula Ingabire Musoni ahobera Sophia

Aho isubiriye aho yaje ituruka, mu Rwanda hahise hazanwa cameras Abanyarwanda bahita bazihimba Sophia kandi iri zina ryarahamye.

Kuba izi cameras zishinze hirya no hino mu Rwanda kandi zikaba zifite ikoranabuhanga ritabeshya, byatumye abashoferi bigengesera banga kwandikirwa amafaranga akomoka ku muvuduko urengeje Ibilometero 60 ku isaha.

Imodoka yose iciye kuri Sophia irengeje uwo muvuduko irafotorwa, abapolisi bakazayemerera gukomeza akazi ari uko nyirayo yishyuye ayo mande.

Ibi byatumye abashoferi bigengesera, bityo umubare n’ubukana bw’impanuka biragabanuka.

N’ubwo ku ikubitiro bamwe buvumiraga Sophia ku gahera ngo ibacisha amafaranga, muri iki gihe hari abashima ko yagize uruhare rugaragara mu kugabanya impanuka zikomeye.

Si abantu ku giti cyabo gusa bashima umusanzu w’izi cameras mu kugabanya impanuka, ahubwo na Minisiteri y’ikoranabuhanga na Inovasiyo ifatanyije n’Urwego rw’Igihugu rw’iterambere (RDB), baherutse guha  Polisi y’u Rwanda igihembo kubera akamaro ziriya cameras zagiriye Abanyarwanda.

Byabereye mu muhango  wo guhemba abantu ku giti cyabo n’ibigo byakoze imishinga y’ikoranabuhanga yagiriye kandi izagirira benshi akamaro uherutse kubera muri BK Arena.

Uwo muhango ni HangaPitch Festival 2022.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, DIGP Jeanne Chantal Ujeneza niwe wakiriye igihembo cyagenewe Polisi.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, DIGP Jeanne Chantal Ujeneza niwe wacyakiriye.

Yakigejejweho n’uhagarariye Banki y’Isi, Rolande Simone Pryce, ari kumwe n’uhagarariye ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe gahunda z’iterambere (UNDP), Maxwell Gomera.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko uru rwego rushinzwe umutekano rwashyize imbere ikoranabuhanga nk’igikoresho cy’ingenzi mu rwego rwo koroshya imitangire ya Serivisi.

CP Kabera ati: “Cameras zigenzura umuvuduko ni zimwe mu bikoresho by’ikoranabuhanga Polisi yifashisha mu rwego rwo kunoza imitangire ya serivisi no kwihutisha akazi.”

Avuga ko ikoranabuhanga Polisi irikoresha no mu zindi nzego zirimo  kwiyandikisha no kwishyura ku bashaka gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga, gukorera uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rw’agateganyo hifashishijwe mudasobwa, gusaba ko ikinyabiziga gikorerwa igenzura ry’ubuziranenge, gutanga ibirego no guhamagara ku mirongo itishyuzwa yashyiriweho kumenyekanisha ibibazo by’abaturage.

Ikoranabuhanga kandi ngo rifasha Polisi mu gukumira, gutahura ndetse no kurwanya ibyaha muri rusange.

Indi mishinga yari iri ku rutonde rumwe na cameras za Polisi ngo ihembwe harimo  uw’Ubutaka App, uwo muri Minisiteri y’ubuzima n’uw’ikigo cy’igihugu cyita ku bidukikije (REMA).

Hanga PickFest  Festival ni igikorwa ngarukamwaka gifasha ba rwiyemezamirimo bahanze ibintu by’ikoranabuhanga kubona amafaranga abafasha mu gushyira mu bikorwa imishinga yabo.

TAGGED:CamerafeaturedKaberaKagamePolisiSophiaUjenezaUmuhandaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kicukiro: Hafashwe Litiro 820 Z’Ibikomoka Kuri Petelori Zacuruzwaga Magendu
Next Article Intumwa Za Uganda Zageze Muri Amerika Mbere Y’Inama Y’Amerika N’Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?