Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sosiyite Sivile Irasaba Ababyeyi Gukingiza Imbasa Abana Bafite Ubumuga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Sosiyite Sivile Irasaba Ababyeyi Gukingiza Imbasa Abana Bafite Ubumuga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2023 10:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ubuzima yatangiye gahunda y’iminsi ine yo gukingira imbasa abana bose bafite munsi y’imyaka irindwi y’amavuko. Umuyobozi mu Rugaga rw’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu CLADHO, Evariste Murwanashyaka yasabye ababyeyi bafite abana bafite ubumuga kubakingiza iyo ndwara kugira ngo batazayandura ikabasonga.

Minisiteri y’ubuzima ivuga ko gukingiza bariya bana bizakorwa n’abajyanama b’ubuzima bazasanga abana iwabo.

Gahunda ni uko bose bagomba kuba bakingiwe mu minsi ine.

Murwanashyaka usanzwe ashinzwe uburenganzira bw’abana muri ruriya rugaga avuga ko gahunda ya Minisiteri y’ubuzima yo gukingira abana imbasa ari iyo gushimwa kuko iyo ndwara imugaza burundu amaboko cyangwa amaguru kandi ikica.

Ati: “ Ni igikorwa cyiza dushima nka Sosiyete sivile ariko nkasaba ababyeyi kutagira umwana n’umwe bimisha ubwo burenganzira cyane cyane abana basanganywe ubundi bumuga.”

Avuga ko hari ababyeyi bima abana babo uburenganzira kuri serivisi za Leta kubera ko gusa bafite ubumuga.

Evariste Murwanashyaka

Yemeza ko bidakwiye kubera ko abana nk’abo baba bimwe ikintu cy’ingirakamaro cyari buzabarinde ibindi byago mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Ibyo byago ngo biba bishingiye ku ngingo y’uko baba basanzwe bafite ubundi bumuga.

Leta y’u Rwanda yahisemo gutangiza iyi gahunda mu rwego rwo kurinda abana bayo kuzandura iyi ndwara ivugwa mu bihugu biruturiye.

Hari hashize imyaka 30 iyi ndwara itavugwa mu Rwanda kubera ko umwana wa nyuma wayanduye yagaragaye mu Rwanda mu mwaka wa 1993.

Mu mwaka wa 2015 Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima, OMS/WHO, ryatangaje ko iyi ndwara yacitse burundu ku isi.

Icyakora umwe mu bahanga mu by’ubuzima witwa Dr. Rosette Nahimana avuga ko bidatinze hari aho iyi ndwara yagaragaye bityo u Rwanda rusanga ari ngombwa gukingira abana barwo bafite munsi y’imyaka irindwi.

Dr.Rosette Nahimana

Igararaga bwa nyuma mu Rwanda hari muri Perefegitura ya Cyangugu ubu ni mu Karere ka Nyamasheke na Rusizi.

Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko abana bari munsi y’imyaka irindwi nta budahangarwa baba bafire byo guhangana n’iriya ndwara.

Icyakora abahanga mu by’ubuzima mu Rwanda bavuga ko abana bose bazakingirwa niyo baba barwariye kwa muganga bazahabwa ibitonyanga icyangombwa kikaba ari uko bashobora kumira.

Virusi itera inbasa yandurira mu kanwa kuko iterwa n’umwanda winjiirira mu kanwa umwana yariye, yanyonye cyangwa yatamiye.

Yangiza imyakura ifata amaguru cyangwa amaboko kandi ishobora guhitana umwana.

Ikibazo gikomeye ni uko iyo idahitanye umwana yafashe, imumugaza burundu.

Amakuru wamenya ku ndwara y’imbasa:

TAGGED:AbanaCLADHOImbasaMurwanashyakaUbumuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Twitter Yahinduye Izina Ry’Ubucuruzi N’Ikirango
Next Article Umusirikare W’Amerika Wahungiye Muri Koreya Ya Ruguru Yateje Ikibazo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?