Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sudani: Hadutse Indwara Kubera Imirambo Idashyinguye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Sudani: Hadutse Indwara Kubera Imirambo Idashyinguye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 August 2023 10:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu miryango itari iya Leta ikorera mu Murwa mukuru wa Sudani uvuga ko ubwinshi bw’imirambo idashyinguye bwatumye haduka indwara mu baturage.

Ikindi kibazo gihari ni uko uburuhukiro bw’ibitaro byo muri Khartoum bwuzuye, hakiyongeraho ko n’imirambo ibubitswemo yatangiye kubora kubera ko henshi nta mashanyarazi ari mu byumba bikonjesha imirambo.

Iyi mpuruza yatangajwe n’Ikigo cy’Abongereza kitwa Save the Children.

Abaganga bo muri Sudani nabo bamaze igihe bavuga ko abantu babapfira mu ntoki ntihaboneke aho gushyira imirambo yabo ari benshi.

Mu bitaro 89 biri muri Khartoum, ibigera kuri 71 ntibikora neza kubera ko ibyinshi byuzuye, ibindi bigakora igice.

Ibikora igice byiganjemo ibigenzurwa  n’abarwanyi bahanganye mu ntambara iri guca ibintu muri Sudani, yatangiye taliki 15, Mata, 2023.

Umwe  mu bavuga rikijyana muri Sudani avuga ko kuba hari imirambo idashyinguye kandi iri hirya no hino ari ikibazo cyugarije abaturage bakiri mu gihugu.

Uretse kuba uburuhukiro bwo hirya no hino bwaruzuye, ikindi kibazo kiyongeraho ni uko abantu bagwa hirya no hino ntibashyingurwe bakomeje kwiyongera.

Imirambo yabo ibora mu buryo bwihuse kubera kudashyingurwa kandi ikaba yandagaye mu gihugu gishyushye cyane.

Wa mugabo twavuze uvuga rikijyana witwa Bashir Kamal Eldin yabwiye RFI ko niba amahanga adahagurutse ngo atabare Sudani, ibibazo ifite muri iki gihe bizikuba inshuro nyinshi.

Imibare ibabaje ivuga ko kuva intambara yatangira; abana 2,435 bishwe cyangwa bakomerekera bikomeye muri iyo ntambara.

TAGGED:AbanafeaturedImiramboIntambaraSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Banki Y’Isi Yakomanyirije Uganda
Next Article Rwanda: Irangamimerere Ryo Kuva Mu 1962 Rigiye Gushyirwa Mu Ikoranabuhanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?