Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sudani Ya Nyuma Ya Bashir Iri Mu Bibazo Biruta Ibyo Yayisigiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Sudani Ya Nyuma Ya Bashir Iri Mu Bibazo Biruta Ibyo Yayisigiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 October 2021 2:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe wa Sudani witwa Abdalla Hamdok yatangaje ko igihugu cye kiri mu bibazo bya politiki biterwa n’uko bigoye ko abasirikare basubiza ubutegetsi abasivili. Yavuze ko igihugu cye kiri mu bibazo kurusha ubwo cyategekwaga na Omar al-Bashir.

Hamdock avuga ko muri iki gihe Sudani ifite ihurizo ryo gucyemura amakimbirane ya Politiki agendanye n’isaranganywa ry’ubutegetsi hagati y’abasivili n’abasirikare.

Ibibazo bya politiki biri muri kiriya gihugu muri iki gihe, bifite umuzi mu mwaka wa 2019 ubwo hasinywaga amasezerano yo kuzasaranganya ubutegetsi hagati y’abasirikare bahiritse Bashir n’abasivili batifuzaga ko abasirikare ari bo bongera gutegeka.

Hamdok avuga ko  iyo urebye uko ibintu bihagaze muri iki gihe, ubona ko bigeze aharindimuka k’uburyo hagomba kugira igikorwa amazi atararenga inkombe.

Icyakora, avuga ko mu minsi ishize yaganiriye n’abahagarariye buri ruhande mu zihanganye kandi hari ibyo bemeranyije kugira ngo igihugu kive mu kangaratete.

Avuga ko uko ibintu bimeze muri Sudani atari impanuka cyangwa ikindi kintu cyavuye mu ijuru kikitura muri Sudani ahubwo ngo byatangiye bose babireba.

Ubu muri kiriya gihugu hari uruhande rw’abasivili bagize uruhare mu gusaba ko Bashir yegura rwitwa Forces of Freedom and Change (FFC) rutifuza ko abasirikare bakomeza gufata imyanya ikomeye muri Guverinoma.

Kuri uyu wa Gatandatu kandi muri kiriya gihugu haramukiye imyigaragambyo y’abaturage bashyigikiye abasirikare bari ku butegetsi, abigaragambyaga bakaba basaba ko Leta iriho ivaho kuko yabashonjesheje.

Umunyamakuru wa Al Jazeera uri mu Murwa mukuru, Khartoum, avuga ko abaturage barakariye Leta, bacyemeza ko abayigize muri iki gihe ari ba ‘rusahurira mu nduru’, ko bakwiye kuvaho.

Ikintu gikomeye cyatumye ibyo muri Sudani bifata isura mbi kurushaho ni uko tariki 21, Nzeri, 2021 hari Coup d’Etat yaburijwemo.

Abdalla Hamdok

Bivugwa ko yari yateguwe n’abahoze bashyigikiye al-Bashir.

Hari n’abemeza ko yari yateguwe n’abasirikare bifuzaga gushyira ho abantu babo ngo abe ari bo bategeka kiriya gihugu gikungahaye kuri Petelori.

Ibibazo bya Politiki biri yo byagize uruhare ku bukungu k’uburyo abaturage bavuga ko bashonje cyane.

Icyambu cya Sudani gikora ku Nyanja Itukura ntikigikoreshwa kuko abigaragambya babujije ko hakorerwayo urujya n’uruza.

TAGGED:featuredImyigaragambyoMinisitiriSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Guverineri Habitegeko Yahuye N’Umuyobozi W’Intara Ya Cibitoke Mu Burundi
Next Article Uko Ibirori Bya Rwanda Summer Golf Byagenze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?