Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sudani Y’Epfo: Impande Zihanganye Zasinye Andi Masezerano Y’amahoro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Sudani Y’Epfo: Impande Zihanganye Zasinye Andi Masezerano Y’amahoro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 May 2024 5:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma ya Sudani Y’Epfo yasinyanye amasezerano n’abatavuga rumwe na Leta azaherwaho mu kugarura amahoro mu gihugu.

Yasinyiwe i Nairobi muri Kenya, akaba yariswe Tumaini Initiative.

Tumaini ni Igiswayili kivuga ‘Icyizere’.

Amatsinda abiri y’abatavuga rumwe na Guverinoma ya Sudani Y’Epfo niyo yitabiriye ibi biganiro biyobowe na Perezida wa Kenya William Ruto.

Aya masezerano Tumaini Initiative akubiyemo na bimwe mu bika by’andi y’amahoro yasinywe mbere ni ukuvuga mu mwaka wa 2020.

Ay’icyo gihe yasinywe ku bufatanye n’umuryango w’i Roma witwa Sant’ Egidio.

Kuri uyu wa Kane kandi Perezida Ruto yaganiriye n’abagize itsinda ryiswe Friends of South Sudan, baganira uko Sudani Y’Epfo yakomeza guhabwa inkunga ariko bikajyanirana no kuyifasha kubona amahoro.

Abagize iryo tsinda barimo na Ambasaderi w’Ubwongereza muri iki gihugu witwa Neil Wigan, uhagarariye Amerika Meg Whitman (US), uhagarariye Ubushinwa Zhou Pingjan uhagarariye Saudi Arabia Khalid Abdullahi Al Salma, uhagarariye Norway witwa Gunner Andreas Holm , Sebastian Groth uhagarariye Ubudage, uhagarariye Ubutaliyani Roberto Natali Henriette Geiger uhagarariye Ubumwe bw’Uburayi , Mohammed Bin Mutair Al-Enazi uhagarariye Qatar na Salim Ibrahim Naqbi uhagarariye Leta zunze ubumwe z’Abarabu.

The East African ivuga ko nta byinshi biratangazwa ku bikubiye muri ayo masezerano.

Kuva mu mwaka wa 2013, Sudani Y’Epfo iri mu ntambara yatewe no kurwanira ubutegetsi hagati ya Riek Machar wari Visi Perezida na Salva Kirr uyobora Sudani Y’Epfo.

TAGGED:featuredIntambaraKirrMacharSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abahinzi Bagiye Guhabwa Amafaranga Yo Kongera Umusaruro
Next Article Kagame Yaganiriye Na William Ruto Ku Mubano W’Ibihugu Byombi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?