Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Suwede Yagabanyirije Ibihano Ukekwaho Jenoside Yakorewe Abatutsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Suwede Yagabanyirije Ibihano Ukekwaho Jenoside Yakorewe Abatutsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2022 4:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urukiko rwo muri Suwede rwagabanyirije igihano Stanislas Mbanenande igihano cya burundu yari yarahawe, ahanishwa gufungwa imyaka 24. Asanzwe afite imyaka 64 y’amavuko.

Mbanenande yari asanzwe afunzwe kuko yafashwe anafungwa mu myaka 11 ishize.

Urukiko rw’ahitwa Örebro rwavuze ko uriya mugabo yagaragaje imyitwarire myiza mu gihe yari amaze afunzwe kandi ngo ibyago by’uko yakomeza kugira urwango nk’urwo yari afite agifungwa ni bike.

Niyo mpamvu abacamanza banzuye ko agomba kugabanyirizwa igifungo cya burundi yari yarakatiwe, agahanishwa imyaka 24 y’igifungo.

Kugaragaza imico yo kwihana nyuma yo gukatirwa nibyo abanyamategeko bita Recidivism.

Amategeko yo muri Suwede avuga ko umuntu aba ashobora gufungurwa iyo arangije 2/3 by’igifungo yahawe, bikaba bivuze ko Mbanenande ashobora kuzafungurwa mu myaka itanu iri imbere.

Mu mwaka wa 2013 urukiko rw’i  Stockholm rwamuhamije uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye.

Uyu mugabo kandi ngo yagize uruhare mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi bigaga mu kigo cy’amashuri cy’i Nyamishaba, muri Kiliziya yari hafi, kuri stade Gatwaro no ku kigo cy’amashuri cya Mutagatifu Yohani.

Urukiko rwanamushinje ko hari Abatutsi we ubwe yarashe, uretse ko yabihakanye.

TAGGED:AbatutsifeaturedJenosideKibuyeMbanenandeSuwede
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Afurika y’Epfo: Abishwe N’Ikamyo Yaturitse Itwaye Essence Bageze Kuri 34
Next Article Polisi Y’u Rwanda Ikomeje Gufasha Mu Mibereho Myiza Y’Abatuye Centrafrique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?