Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sylvester Stallone Muri Filimi Imwe Na 50 Cent
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Sylvester Stallone Muri Filimi Imwe Na 50 Cent

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 October 2021 11:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Sylvester Stallone wamenyekanye cyane ku izina rya RAMBO ryitiriwe filimi yakinnye igakundwa cyane ku isi mu mpera z’imyaka ya 1980, agiye gukinana na 50 Cent mu gice cya kane  cya The Expendables kizakinirwa mu Bwongereza.

50 Cent ni Umwirabura w’umuraperi wamenyekanye mu ndirimbo nyinshi zirimo iyo yise Candy Shop.

Hagati aho, Stallone  yaraye asabye bagenzi be bakinana mu zindi filimi z’uruhererekane ko baba bamuretse agafata ikiruhuko.

N’ubwo akomeje gukina filimi, uyu mugabo uri mu bakinnyi ba filimi b’Abanyamerika bakomeye kurusha abandi, ni umusaza w’imyaka 75 y’amavuko.

Muri iyi minsi ari gukina igice cya kane cya The Expendables.

50 Cent

Nyuma yo kumva ananiwe cyane, yasabye bagenzi be kumwemerera agafatira ikiruhuko gito muri Hotel ye iri i Londres mu Bwongereza.

Muri The Expendables 4,  hazagaragaramo abandi bakinnyi bashya batari basanzwe mu zayibanjirije.

Uretse umuraperi  50 Cent, abandi bashya bari muri iriya filimi ni Megan Fox, uyu ni umukinnyi wa filimi akaba n’umunyamideri ukomoka muri Leta ya Tennessee, muri Amerika.

Megan Fox

Harimo Andy Gracia akaba ari umukinnyi wa Filimi ukomoka mu murwa mukuru wa Cuba , La Havane, ariko akaba ari Umunyamerika.

Undi uzagaragara muri The Expendables ni umukinnyi wa filimi ukomoka muri Thailand witwa Panom Yeerum  ariko wamenyekanye ku izina rya Tony Jaa.

Tony Jaa

Undi uzagaragaramo kandi nawe w’icyamamare ni Jason Statham.

Jason Statham afite imyaka 54 y’amavuko akaba aherutse kugaragara mu yindi filimi yitwa The Fast & Furious  nabwo ari kumwe na Sylvester Stallone.

Munsi y’ifoto Jason yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram,  yanditseho ko yishimiye kugaruka mu mukino ari kumwe n’igihangange Sylvester Stallone.

Jason Statham afite imyaka 54 y’amavuko

Sylvester Stallone kuri Instagram ye nawe yatangaje ko ari mu Bwongereza kugira ngo ahakinire igice cya kane cya The Expandables, akemeza ko azagikinana n’abakinnyi bashya kandi yizeye ko bazakina neza ikaryoha.

The Time yanditse ko ifoto Stallone yashyize kuri Instagram atangaza iby’iriya filimi nshya, yakunzwe n’abantu benshi bazwi muri The Expendables barimo ibyamamare nka Dolph, Harrison Ford, Jean-Claude Van Damme, Wesley Snipes, Antonio Banderas, Mickey Rourke, Bruce Willis, Arnold Schwarzenegger, Mel Gibson n’abandi.

TAGGED:50 CentfeaturedFilimiIndirimboRAMBOStallone
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda Yasezereye U Rwanda Mu Majonjora y’Igikombe cy’Isi Kizabera Muri Qatar
Next Article Umuhanzi Ariel Wayz Ari Mu Bafashwe Bishe Amabwiriza Kuri COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?