Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tanzania: Bishe Abana Barindwi Babaziza Kubiba Inkoko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tanzania: Bishe Abana Barindwi Babaziza Kubiba Inkoko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 December 2023 2:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Ntara ya Kagera muri Tanzania haravugwa inkuru mbi y’urupfu rw’abana barindwi bagaburiwe uburozi burabahitana bikozwe n’abo mu muryango umwe bavugaga ko abo bana babibye inkoko bari kuzarya ku bunani.

Ikinyamakuru Tuko News nicyo cyasohoye iyi nkuru kikavuga ko ari inkuru yemezwa n’umwe mu bafashwe bakekwaho uruhare muri ubwo bwicanyi ndetse na Polisi yo muri ako gace ikaba ibyemezwa.

Byemejwe ko abo bana bapfuye nyuma yo kurya uburozi bwashyizwe mu biryo n’abo muri uwo muryango bavugaga ko babitewe n’uburakari bw’uko abo bana babibye inkoko.

Umwe mu bayobozi ba Polisi muri ako gace avuga ko icyo gikorwa giteye ubwoba cyahungabanyije intara yose.

Iperereza rya Polisi ngo ryerekanye ko icyari kigamijwe kwari ukwihorera kubera kwibwa inkoko, ikungamo ko ari ikintu kidakwiye cyabaye kandi ko abagikoze bazakurikiranwa mu butabera uko byagenda kose.

Komanda wa Polisi mu Ntara ya Kagera witwa Chatanda avuga ko hari umwe mu bakurikiranyweho icyo cyaha wafatiwe mu nzira ahungira mu Burundi.

We n’abandi bakekwaho uruhare muri ubwo bugome bavuze ko babikoze kubera ko abo mu muryango wa bariya bana banze gusaba imbabazi z’uko abana babo babibye ririya tungo rigufi.

Ababyeyi bari mu gahinda kubera kubura abana babo bazira inkoko
TAGGED:AbanaIsakePolisiTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Yo Kwihuza Na M23, Nangaa Yatangaje Intambara Izamugeza I Kinshasa
Next Article Polisi Yatangaje Uko Abanyarwanda Bitwaye Ku Bunani
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?