Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tanzania: Yagiye kurahirira kuba Minisitiri adidimanze, Magufuli aramwirukana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tanzania: Yagiye kurahirira kuba Minisitiri adidimanze, Magufuli aramwirukana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 December 2020 2:51 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Taliki 09, Ukuboza, 2020 ubwo Bwana Francis Ndulane yajyaga kurahirira kuba Minisitiri wungirije muri Minisiteri y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yananiwe gusoma neza indahiro yari yanditse ku rupapuro rwe, Perezida Magufuli ahita amwirukana ku kazi atari yanatangiye!

Umwe mu bari mu cyumba byabereyemo yafashe video ayishyira kuri Twitter maze irasaka biratinda.

Bwana Ndulane yahawe inyandiko ngo asome amagambo agize indahiro ariko biramugora, atangira gutsitara ku magambo amwe n’amwe ayasubiramo ibice, mbese aradidimanga biratinda, Perezida Magufuli wari uri aho biramurakaza.

Yatanze ikimenyetso gisa n’ikibwira uwari Maître de Céremonie(MC) ko umuhango wo kurahiza Francis Ndulane wahagarikwa, undi nawe abibona vuba, ibyo kuba Minisitiri kwa Ndulane bihagarara ubwo!

MC yabonye isiri rya Perezida Magufuli ahita akura imbere ya Ndulane inyandiko iriho indahiro ye, biba birarangiye undi aramanuka asubira aho yari yicaye.

Abantu baguye mu kantu!

Abantu bari mu cyumba byabereyemo barabirabye barumirwa, bamwe bagasekera mu bipfunsi,  abandi bakazunguza umutwe batiyumvisha uko bimugendeye.

Hari abaneguye Perezida Magufuli bavuga ko ahemukiye uriya mugabo , ko yagombye kwihangana akamuha amahirwe kuko kudidimanga bivuze kudashobora akazi.

Francis Ndulane yari asanzwe ari Umudepite, ni uko agomba kuba Intumwa ya rubanda, ibyo kuba Minisitiri biranga.

Ibyago bya Ndulane si urw’umwe…

Muri 2019, Chancellière w’u Budage Madamu Angela Merkel yatitiriye imbere ya camèras z’isi yose, abantu batangira kwibaza niba adatangiye kugaragaza uburwayi burimo n’ubwo Alzheimer.

Muri Gicurasi, 2013,  Bwana Djibril Bassolé wari Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Burkina Fasso yikubise hasi ahirika na mugenzi we wo muri Turquie wari wamusuye.

Kuba barahuye na biriya bibazo ntibyababujije gukomeza akazi kabo, ariko Ndulane we yabigendeyemo.

Uko bigaragara kuri Magufuli nta kudidimanga, nta kujenjeka.

Ivomo: Jeune Afrique

TAGGED:AmabuyeMagufuliMinisitiriNdulaneTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gatsibo: Imibiri irenze 5000 niyo yataburuwe mu cyobo cy’i Kiziguro
Next Article Birababaje ko umugore apfa ari gutanga ubuzima- Jeannette Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?