Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tanzania Yemereye Abakobwa Batwite Gusubira Ku Mashuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tanzania Yemereye Abakobwa Batwite Gusubira Ku Mashuri

admin
Last updated: 25 November 2021 9:56 am
admin
Share
SHARE

Guverinoma ya Tanzania yakomoreye abana b’abakobwa batwite cyangwa babyaye ngo basubire mu mashuri, nyuma y’igihe bitemewe muri icyo gihugu.

Kuri uyu wa Gatatu Minisitiri w’Uburezi Prof Joyce Ndalichako yabwiye abanyamakuru ko guverinoma igiye kwemerera abanyeshuri bose bari barahagaritse amasomo kubera impamvu zirimo gutwita, gusubira ku mashuri nyuma yo kubyara.

Ni icyemezo yatangaje ubwo yagarukaga ku ntambwe zatewe mu burezi mu myaka 60 ishize, kuva ubwo igihugu cyabonaga ubwigenge.

Yakomeje ati “Uyu munsi ndaza gutangaza uburyo abanyeshuri bari barahagaritse amasomo kubera gutwita n’izindi mpamvu bazasubira ku mashuri.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Itegeko rikumira abakobwa babyaye ryatowe mu 2002, rishyirwa mu bikorwa na Perezida John Pombe magufuli mu 2017, ategeka ko abakobwa batwite batemerewe kujya mu mashuri asanzwe.

Kuva hambere bwo abanyeshuri mbere yo kwakirwa bapimwaga ko badatwite, ku buryo uwajyaga ku ishuri kandi atwite yashoboraga gufungwa.

Magufuli yavugaga ko umukobwa utwite adashobora kwita ku masomo kuko aba afite undi mwana, ndetse ko yabangamira abandi bana bigana.

Yanaburiye abagabo batera abana inda ko bashobora gufungwa igihe kirekire.

TAGGED:AmashurifeaturedGutwitaTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dr Ngirente Yakiriye Umuyobozi Wa Banki Y’Isi Mu Karere
Next Article Mushikiwabo Yakiriye Bazivamo Baganira Ku Ikoreshwa Ry’Igifaransa Mu Karere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rihanna Yapfushije Se

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

DRC: Miliyari $1 Yashowe Mu Gisirikare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mu Buyobozi Bw’Intara Harimo Urunturuntu-Tshisekedi

M23 Irasaba Uburundi Gucyura Ingabo Zabwo Inzira Zikigendwa

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

Kigali: Hagiye Gushyirwaho Ingengabihe Yo Gutwara Abagenzi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ba Rwiyemezamirimo Bagiye Guhatanira Igihembo Cya Miliyoni $1.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Umwanditsi Ukomeye Ngũgĩ wa Thiong’o Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?