Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tariki 04, Nyakanga Irihariye Ku Banyarwanda N’Abanyamerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Tariki 04, Nyakanga Irihariye Ku Banyarwanda N’Abanyamerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 July 2021 9:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hasigaye imyaka itanu ngo Leta zunze ubumwe z’Amerika zizihize imyaka 250 zimaze zigenga. Hazaba ari tariki 04, Nyakanga, 2026. Ambasaderi wazo mu Rwanda Peter Vrooman yaraye atangaje ko Amerika yifatanyije n’u Rwanda mu kwizihiza umunsi rwaboneyeho ubwigenge wahujwe n’uwo rwabohoreweho mu mwaka wa 1994, avuga ko iriya tariki yihariye ku batuye ibihugu byombi.

Muri Ambasade ya Amerika i Kigali baraye bakoze umuhango wo kwifatanya n’u Rwanda mu kwizihiza kwibohora kwarwo, uyu muhango ukaba watangijwe no kuririmba indirimbo zubahiriza ibihugu byombi.

Zaririmbwe n’itsinda ry’abahanzi b’Abanyamerika bakoreshaga ibyuma bya muzima mu buryo bw’imbonankubone bita Live Performance.

Bakoresheje ibyuma bya muzika birimo violin, gitari, ingoma, imyirongi, sentetizeri n’ibindi.

Nyuma y’uko indirimbo z’ibihugu byombi ziririmbwe, Ambasaderi Peter Vrooman yagejeje ijambo ku Banyarwanda avuga ko tariki 04, Nyakanga buri mwaka ari umunsi udasanzwe ku Banyamerika n’Abanyarwanda.

Ambasaderi Vrooman ubwo yagezaga ijambo ku Banyarwanda abifuriza umunsi mwiza wo kwibohora

Yagize ati: “ Tariki 04, Nyakanga ni umunsi udasanzwe ku Banyamerika n’Abanyarwanda. Muri Amerika uyu ni umunsi udasanzwe kuko dutangiye kubara imyaka itanu isigaye ngo twizihize imyaka 250 igihugu cya Amerika kibonye ubwigenge.”

Vrooman yaboneyeho kugeza ku Banyarwanda ubutumwa Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika Joe Biden yoherereje mugenzi w’u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame n’Abanyarwanda bose.

Biden avuga ko Abanyamerika bifatanyije n’Abanyarwanda kwizihiza umunsi w’ubwigenge ku nshuro ya 59.

Avuga ko ari umunsi mwiza kubera ko wahujwe n’umunsi wo kwibuka ko Abanyarwanda bibohoye, ukaba wizihijwe ku nshuro ya 27.

Perezida w’Amerika kandi ashima uburyo u Rwanda rwahanganye n’icyorezo cya COVID-19, akavuga ko byerekana ko rufite ubushake n’ubushobozi bwo kwivana mu bibazo bikomeye.

Mu butumwa Vrooman yatanze mu Kinyarwanda, yavuze ko igihugu cye kiyemeje kuzakomeza gukorana n’u Rwanda mu nzego zirimo guhangana n’ihindagurika ry’ikirere, ubuzima, uburezi, guteza imbere amahame ya Demukarasi, kuzamura ubukungu n’ibindi.

Israel iti: ” Tuzafasha u Rwanda mu iterambere rirambye”

Si Leta zunze ubumwe z’Amerika zifurije Abanyarwanda kugira isabukuru nziza yo kwibohora kuko na Leta ya Israel nayo yabikoze binyuze mu butumwa yasohoye kuri iki Cyumweru tariki 04, Nyakanga, 2021 ibunyujije kuri Ambasaderi wayo mu Rwanda Dr Ron Adam.

Dr Ron Adam yavuze ko abaturage ba Israel bifuriza Abanyarwanda umunsi mwiza wo kwibohora kandi ko bazahora bakorana nabo mu rugendo rwo kwibohora kugamije iterambere rirambye.

Mu itangazo Ambasade ya Israel yasohoye rivuga ko imyaka 27 ishize u Rwanda rubohowe yerekana ko rukataje mu iterambere kandi ko Israel itazahwema gukorana narwo mu kuzamura iryo terambere.

Israel nayo yifurije Abanyarwanda kugira umunsi mwiza wo kwibohora

Ibihugu byombi bifitanye umubano ushingiye ku nzego nyinshi zirimo uburezi, ikoranabuhanga, ubuhinzi, umutekano n’ibindi.

TAGGED:AbanyamerikaAbanyarwandaAmbasaderiAmerikaBidenfeaturedKagamePerezidaPeterRwandaVrooman
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bishyuye Frw 7000 Ngo Coaster Ibageze I Musanze Bafatirwa I Kanyinya
Next Article Koreya Y’Epfo ‘Irashaka’ Gukora Inkingo Za COVID Zo Kuziba Icyuho Ku Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yajyanywe Kuri RIB Nyuma Yo Gushaka Kwiyahura Bikanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

Imikino

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?