Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tennis: Imihigo Y’Abanyarwandakazi Bazahatanira Igikombe Billie Jean King Cup
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Tennis: Imihigo Y’Abanyarwandakazi Bazahatanira Igikombe Billie Jean King Cup

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 June 2023 10:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guhera taliki 05, Kamena, 2023 mu Rwanda hazatangira irushanwa mpuzamahanga ry’umukino wa Tennis ryitwa Billie Jean King Cup. Abanyarwandakazi bazaryitabira bavuga ko batazahira aho, ahubwo bazatahana inganji.

Ni irushanwa rya Tennis ryitiriwe umugore w’igihangange muri uyu mukino ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika witwa Billie Jean King.

Ubu afite imyaka 79 y’amavuko.

Ni irushanwa rizabera mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha, rikazaba ari mpuzamahanga kandi rifatwa nk’Igikombe cy’Isi cy’abakobwa cyangwa abagore bakina uyu mukino.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Rikinwa mu matsinda bitewe n’uko ibihugu bihagaze muri uyu mukino.

Rizahuza ibihugu 11 birimo n’u Rwanda ruzaryakira.

Abanyarwandakazi batanu bazakina iri rushanwa, bamaze ukwezi n’icyumweru bitoza.

Umutoza mukuru w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Uwamahoro Bimenyimana Eric yavuze ko abafitiye icyizere kandi ko ari bo beza mu gihugu.

Ati: “Abo nabonyemo ubushobozi mu bakobwa dufite muri iki gihugu ni abo batanu. Ni bo bitwara neza kandi ni abahanga. Imyiteguro imeze neza, nta mukinnyi ufite ikibazo kandi icyizere ni cyose. Bose bafite ubunararibonye n’ubwo hari abaryitabiriye bwa kabiri n’abaryitabiriye bwa mbere”.

- Advertisement -

Si uyu mutoza ubyemeza utya gusa, ahubwo na kapiteni w’Ikipe w’iyi kipe , Tuyisenge Olive, nawe yemeza ko bagenzi be bahagaze neza.

Yabyise ‘guhagarara bwuma’.

Olive Tuyisenge avuga ko mu mwiherero wabo babonye uburyo bwo kumenyana, bamenya uko bashakira hamwe ibisubizo.

Yemera ko n’ubwo ari irushanwa riri ku rwego rwo hejuru, ariko bafite ubushake n’ubushobozi bwo kuzatsinda.

U Rwanda ruri mu itsinda rya kane ririmo n’ikipe y’igihugu cya Cameroun.

Ni ubwa mbere iri rushanwa ribereye muri Afurika kuko ayandi yari rimenyerewe mu Burayi.

Mu mwaka wa 2021 nibwo u Rwanda rwaryitabiriye ku nshuri ya mbere mu mukino wabereye muri Lithuania.

Perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Tennis, Karenzi Théoneste yabwiye itangazamakuru ko u Rwanda rwishimiye kuzakira irushanwa nk’iri.

Avuga ko biteguye bihagije.

Ati “Ubufasha bwose twari dukeneye twarabubonye, inkunga ya ITF n’iya Minisiteri [ya Siporo], amakipe yose uko ari 11 yamaze kwemeza ko azaza. Imyiteguro imeze neza, nta kibazo dufite. Imikino izatangira ku wa Mbere.”

Umuyobozi ushinzwe iterambere rya Tennis muri Afurika y’Uburasizuba, Ntwali Thierry avuga ko imwe mu mpamvu zituma u Rwanda rwakira amarushanwa mpuzamahanga kandi menshi, ari uko rufite ibikorwaremezo bigezweho.

Hejuru y’ibi hiyongeraho ko rufite na Politiki ihamye ishyigikira imikino.

Ku Cyumweru, taliki ya 4 Kamena 2023 hazaba tombola ishyira ibi bihugu mu matsinda abiri aho rimwe rizaba ririmo amakipe atanu, irindi atandatu.

Ikipe ya mbere muri ibi bihugu 11 bigiye gukinira mu Rwanda, ni yo izabona itike yo kuzamuka mu cyiciro cya gatatu cya Billie Jean King Cup.

Mu irushanwa rya Billie Jean King Cup, umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Uwamahoro Bimenyimana Eric, yahamagaye abakinnyi batanu azifashisha.

Abo ni Umumararungu Gisèle, Tuyisenge Olive, Grace Gisubizo Ndahunga, Tuyishime Sonia na Mutuyimana Chantal.

Nyuma y’iyi mikino y’abakobwa, taliki ya 17 kugeza ku ya 22 Nyakanga, u Rwanda ruzakira imikino y’ibihugu mu bagabo “Davis Cup” na yo ikazabera ku bibuga byo muri IPRC Kigali.

Abakinnyi n’umutoza wabo
TAGGED:AbakobwafeaturedIkipeRwandaTennis
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Gusana Ibyangijwe N’Ibiza Mu Buryo Burambye Bizatwara Miliyari Frw 296
Next Article Amata Buri Munyarwanda Anywa Ku Mwaka Ageze Kuri Litiro 72
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?