Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Thailand Na Cambodia Bemeranyije Guhagarika Intambara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Thailand Na Cambodia Bemeranyije Guhagarika Intambara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 July 2025 3:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’intambara yabaye mu Cyumweru gishize hagati ya Cambodia na Thailand, ubu abayobozi b’ibihugu byombi basinye amasezerano y’amahoro kugira ngo imirwano yari imaze guhitana abantu 33 ihoshe.

Minisitiri w’Intebe wa Malaysia( igihugu cyabaye umuhuza) witwa Anwar Ibrahim yabwiye bagenzi be bo mu bihugu bihanganye ko guhagarika imirwano ari ingenzi kandi ko iri buhagarare mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere.

Thailand yari yaranze ibyo kuganira na Cambodia kugeza ubwo Amerika ivugiye ko itazaganira ku byerekeye kugabanya imisoro igihe cyose intambara itazaba yahagaze.

Intambara yadutse hagati y’ibi bihugu nyuma y’uko umusirikare wa Cambodia yishwe na mugenzi we amutsinze ku mupaka ibihugu byombi bisangiye.

Thailand yari yarabujije ko abaturage bayo na ba mukerarugendo baca muri iki gihugu bajya kuri Cambodia, mu gihe ku rundi ruhande Cambodia nayo yari yarashyizeho imisoro iremereye ku bicuruzwa biva muri Thailand.

Amakuru BBC ikesha itangazamakuru ryo muri Cambodia avuga ko hari abaturage benshi b’iki gihugu bahisemo kuva muri Thailand aho bari baragiye gupagasa, bataha batinya ko intambara yazarota ikabasanga yo gutaha bikabagora.

Imirwano yaje kwaduka kuwa Kane washize kandi uruhande rwa Thailand nirwo rwatakaje abantu benshi biganjemo abasivile.

Abantu 13 bo muri Cambodia nibo bahaguye, barimo abasivile umunani.

Minisitiri w’Intebe wa Cambodia witwa Hun Manet nawe yashimye intambwe yatewe yo guhagarika imirwano n’aho mugenzi we wo muri Thailand witwa Phumtham Wechayachai yijeje umuhuza ko igihugu cye kizakurikiza ibikubiye muri ayo masezerano.

Abayobozi kandi bashimye uruhare rwa Amerika n’Ubushinwa mu gutuma ayo masezerano agerwaho.

Yaba Thailand, yaba na Cambodia byombi biri kuganira na Amerika ngo bisinyane amasezerano y’ubucuruzi mu gihe Ubushinwa bwo ari umufatanyabikorwa w’imena mu bucuruzi bw’ibi bihugu.

TAGGED:AmahoroCambodiaImirwanoIntambaraThailand
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubusitani Bwa Nyandungu Bwahembewe Akamaro Bufitiye Ababusura
Next Article Gen Gumisiriza Na Bagenzi Be Bagiye Mu Kiruhuko Cy’Izabukuru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?