Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: The Ben Yatomoye Umukunzi We, Bamwe Bamusaba Ko Yamwambika Impeta
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

The Ben Yatomoye Umukunzi We, Bamwe Bamusaba Ko Yamwambika Impeta

taarifa@media
Last updated: 02 February 2021 2:05 am
taarifa@media
Share
SHARE

Umuhanzi The Ben yateye imitoma umukunzi we Uwicyeza Pamella ku munsi we w’amavuko bamwe mu bakurikirana uyu muhanzi bamusaba ko yakwihutisha ibintu akambika impeta uyu mukobwa.

Uwicyeza Pamella yamenyekanye ubwo yitabiraga irushanwa ry’ubwiza rya Miss Rwanda 2019.

Urukundo rwabo rwagiye ahagaragara mu mpera za Ukuboza 2020 ariko muri Mutarama bombi barabihamya ubwo Pamella yerekanaga amashusho arikumwe na The Ben yashyizemo indirimbo ye yitwa ‘Roho yanjye.

Mpa ikiganza duserukane wowe wahize bose nkuko uyu muhanzi The Ben yabirimbye ubu urukundo rwabo rugeze aharyoshye.

Taliki ya 31 Mutarama nibwo Uwicyeza Pamella yagize isabukuru y’amavuko.

The Ben ntiyasigaye mu bamwifurije kugira umunsi mwiza.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram yashyizeho ifoto barikumwe ubundi amutera imitomo.

Ati “Iyo gushimisha biba umuntu, yari kuba ari wowe. Akandi gace k’igitangaza kari karabuze nkakibonera. Isabukuru nziza.”

Uwicyeza Pamella yanyuze ahatangirwa ibitekerezo asubiza The Ben amubwira ko azamuhoza mu ntekerezo ze.

The Ben yongeye ajya ahashyirwa ‘story’ kuri Instagram ashyiraho ifoto n’amashusho arikumwe na Pamella bari kwishimisha, arenzaho indirimbo ya Dylan Matthew yitwa Forever & Always.

The Ben nyuma y’ibi byose inshuti n’abafana bamukurikirana ku mbuga nkoranyambaga bagiye bamwereka ko bamushyigikiye mu rugendo arimo rw’urukundo.

Gusa benshi bahurizaga ku kintu cyo kumusaba kwambika impeta uyu mukobwa nkuko mugenzi we Meddy yabigenje.

Imyaka irenga 12 uyu muhanzi amaze akora umuziki ni ubwa mbere yerekanye umukobwa bakundana kandi bigaragara ko binamuteye ishema cyane.

Uwicyeza Pamella kuva yitabira Miss Rwanda nawe ntabwo yigeze avugwa mu rukundo n’undi musore ngo bimenyekane.

Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Christopher Yatunguwe N’umukunzi We Bwambere Yerekana Ko Ari Mu Rukundo
Next Article Igihe Kirageze Ngo Dushyire Ibintu Mu Bikorwa-Dr Biruta Avuga Kuri CHOGM
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Sandra Teta Yarekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

The Ben Yacuranze Gitari Na Piyano Atari Abizwiho

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Bwiza Aritegura Igitaramo Kizahura N’Isabukuru Ye Y’Amavuko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?