Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tour Du Rwanda 2023: Abakinnyi Bazongera Bajye Barara Mu Ntara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Tour Du Rwanda 2023: Abakinnyi Bazongera Bajye Barara Mu Ntara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 October 2022 11:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abdallah Murenzi uyobora Ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wo gutwara amagare yabwiye Taarifa ko muri Tour du Rwanda 2023 hazongera hasubireho gahunda yo kuraza abakinnyi mu Ntara runaka bitewe n’aho agace k’isiganwa karangiriye.

Murenzi avuga ko iki ari cyo kintu gishya kugeza ubu bemeje ariko ku byerekeye umubare w’amakipe azitabira iri rushanwa, ngo aracyaganirwaho na za Federasiyo zayo.

Mbere y’uko COVID-19 igera mu Rwanda mu mwaka wa 2020, abakinnyi n’abateguye Tour du Rwanda barararaga mu Ntara ariko aho igereye mu Rwanda batangira kujya barara muri Kigali.

Kubera ko isa n’iyacishije macye cyane, kurara mu Ntara ngo bigiye kongera kugarurwa.

Ku rundi ruhande ariko, ni ngombwa gutegereza uko ibintu bizaba bimeze muri kiriya gihe kubera ko muri iki gihe mu Karere u Rwanda rurimo havugwa indi ndwara yandura cyane kandi yica yitwa Ebola.

Kuri uyu wa Gatatu Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wo gusiganwa ku magare nibwo ryatangaje amataliki ririya siganwa rizaberaho.

FERWACY yatangaje ko Tour du Rwanda 2023 izakinwa guhera tariki 19 kugeza 26 Gashyantare, 2023.

Murenzi Abdallah

Bizaba ari ku nshuro ya 15 kuva ryaba mpuzamahanga.

Icyakora kuva ryashyirwa ku rwego rwa 2,1 rivuye kuri 2,2, rizaba ribaye  ku nshuro ya gatanu.

Ikindi ni uko muri izo nshuro zose nta Munyarwanda wari waryegukana.

Abanya-Erythrée baritwaye inshuro eshatu zirimo iyo mu 2019 ya Merhawi Kudus na Natnael Tesfazion wayitwaye Kabiri [2020 na 2022] mu gihe Umunya-Espagne Cristian Rodriguez afite iyo mu 2021.

Abanyarwanda batsinzemo  uduce tumwe harimo  ako Mugisha Moïse yegukanye muri Gashyantare, 2022, mu gace katangiriye kakanasorezwa kuri Canal Olympia ku i Rebero.

TAGGED:IntaraKigaliMurenziRwandaTour
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubushinjacyaha Bwasabiye Prince Kid Gufungwa Imyaka 16
Next Article Abacuruza N’Abakwiza Urumogi Mu Rwanda Bakomeje Gufatwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?