Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Trump Arateganya Guhura Na Putin
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Trump Arateganya Guhura Na Putin

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 August 2025 11:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Arateganya kuzahura na Putin mu Cyumweru gitaha.Ifoto:Brendan Smialowski/AFP via Getty Images.
SHARE

Nta gihindutse, Perezida w’Uburusiya Vladmir Putin arateganya kuzahura na mugenzi we wa Amerika Donald Trump mu Cyumweru gitaha, bakazaganira ku ngingo zirimo no guhagarika intambara ya Ukraine imaze imyaka itatu hafi n’igice ica ibintu.

Umwe mu bayobozi bakuru muri Perezidansi y’Uburusiya niwe wabibwiye BBC, kandi na Trump aherutse kubicamo amarenga ubwo yavugaga  ko hari amahirwe menshi y’uko yazahura na Putin.

Mu minsi ishize yabwiye abanyamakuru bakorera mu Biro bye ko ayo mahirwe ashobora no kuzagera kuri Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky akazahura na Putin gusa ntiyagize byinshi abivugaho.

Ibi biravugwa mu gihe hasigaye igihe gito ngo umunsi ntarengwa Trump yahaye Putin ngo abe yahagaritse intambara nibitaba ibyo amufatire ibihano, kizarangira kuri uyu wa Gatanu.

Kuri uyu wa Gatatu kandi intumwa ye yahuye na Putin baganira ku ngingo zirimo intambara ya Ukraine kandi iyi ntumwa yitwa Steve Witkoff nayo ivuga ko baganiriye neza bagera kuri byinshi.

Byanatangajwe kandi n’Ibiro bya Perezida w’Uburusiya, bivuga ko ibyo biganiro ‘byabaye byiza’, ikintu BBC ivuga ko ari igisubizo kiziguye.

Abasomyi bamenye ko uru atari uruzinduko rwa mbere Witkoff akoreye mu Burusiya kuko agiye yo inshuro enye kuva umwaka wa 2025 utangiye kandi buri gihe Putin atangaza ko bagiranye ibiganiro ‘bitanga icyizere’.

Trump nawe aherutse kubwira BBC ko Putin amutenguha buri gihe.

Abasesengura ibintu bavuga ko Putin azahagarika intambara ari uko amafaranga y’igihugu cye Abanyaburayi bagwatiriye abarirwa muri Miliyari nyinshi z’Amayero(€) bayamusubije kandi bakemera ko intara yafashe azigumana ndetse ibyo gushaka gushyira Ukraine muri NATO bakabizibukira.

Bitabaye ibyo, bizagora abantu kumubwira ngo akure ingabo ze ku rugamba ahaganyemo na Ukraine.

Ikindi ni uko Amerika yonyine ari yo ishobora kuvuga akumva kuko nta gihugu cyo mu Burayi cyamuhagarara imbere haba muri dipolomasi no mu bya gisirikare ngo acyumve.

The New York Times itangaza ko bishoboka ko Putin na Trump bazahura mu Cyumweru gitaha.

Uruhande rwa Amerika ariko rukomeje guhana Uburusiya mu buryo bw’ubukungu binyuze mu kubuza abafatanyabikorwa bwabwo kubugurira ibikomoka kuri petelori.

Donald Trump yaraye asinye iteka rizamura umusoro ku kigero cya 25% cy’ibicuruzwa biva mu Buhinde mu rwego rwo kubuhanira ko bukomeje gukorana na Moscow.

Hagati aho Amerika yagennye Miliyoni $200 zo gufasha Ukraine mu kubona intwaro harimo n’ayo gushinga uruganda rukora drones z’intambara.

TAGGED:AmerikafeaturedIbiroIntambaraPutinUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka
Next Article Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?