Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Yambuye Kabila Ingabo Zamurindaga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi Yambuye Kabila Ingabo Zamurindaga

Last updated: 22 February 2021 9:36 am
Share
SHARE

Ubuyobozi bukuru bw’ingabo za DRC bwafashe icyemezo cyo gukura abasirikare ku rugo rw’uwahoze ayobora kiriya gihugu. Bari mu basirikare badasanzwe bari bashinzwe kururinda, ariko basimbujwe abapolisi.

Iki cyemezo kije nyuma y’uko Félix Tshisekedi wamusimbuye aherutse guhagarika imikoranire y’impuzamashyaka ya CACH na FCC ( ya Kabila).

Kuva hagati mu Ukuboza 2020, Kabila yavuye mu Murwa mukuru, Kinshasa, ajya gutura mu Ntara ya Katanga aho asanzwe afite ibikingi n’ubworozi bwagutse.

Ibinyamakuru byo muri RDC byatangaje ko mu gihe urugo bwite rwa Kabila i Kinshasa rwarindwaga n’abasirikare bihariye, ubu umuhanda ugana yo wakuwemo bariyeri na burende zahahoraga, ufungurirwa abakeneye kuwukoresha mu bwisanzure busesuye.

Abasirikare baharindaga bahise bategekwa gusubira mu kigo cya gisirikare cya Tshatshi.

Ikindi kigaragaza ko Kabila ibye bidahagaze neza ni uko no ku rugo rwe ruba ahitwa Kingakati, Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya RDC yategetse ko hashyirwayo abapolisi basaga 40 bo kurinda Kabila n’umuryango we.

Abasirikare bake asigaranye nabo ngo bamaze kumenyeshwa ko ubutumwa bwabo bwarangiye.

Umwe mu bantu ba hafi ba Kabila witwa Lubunga Byayombe, yatangaje ko Tshisekedi nta nyungu yagira mu guteza amakimbirane, nk’aho abo barinzi aribo batumaga atabasha kugera ku cyerekezo cye nk’Umukuru w’igihugu.

Ati “Icyo Abanye-Congo bamwitezeho ni ukwita ku bibazo nk’amazi meza muri Kinshasa n’ibibazo by’umutekano muke mu duce twa Beni, muri Lubero, Itombwe, Minembwe cyangwa muri Ituri. Ni ibyo abaturage bamwitezeho aho kwita ku kuvogera umutekano w’uwo yasimbuye.”

Mbere y’uko biba ibindi, bahoze ari abafatanyabikorwa muri Politiki iyoboye DRC

Ubusanzwe abasirikare barinda Perezida, mu itegeko rya RDC biteganywa ko barinda Perezida uriho, umuryango we n’abantu be ba hafi, abasivili bakarindwa n’abapolisi.

Perezida wasoje manda ahabwa uburinzi bworoheje.

Umwuka ukomeje kutaba mwiza hagati ya Tshisekedi na Kabila kugeza ubwo nyuma yo guhagarika isaranganya ry’ubutegetsi, abayobozi bakomeye baturukaga ku ruhande rwa Kabila begujwe mu gihe cyakurikiye igenda rye, ava muri Kinshasa.

Barimo uwari Minisitiri w’Intebe Sylvestre Ilunga Ilukamba n’abayobozi b’Inteko Ishinga amategeko barimo Jeannine Mabunda wayoboraga umutwe w’Abadepite, na Alexis Thambwe Mwamba wari Perezida wa Sena.

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umukobwa Wo Muri Jamaica Yatumye Miss Kayibanda Ava Mu Rukundo
Next Article Bamporiki ‘Wo Muri RNC’ Yishwe Arashwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?