Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Arasura u Burundi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi Arasura u Burundi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 May 2022 7:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Taarifa yamenye ko Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo Felix Tshisekedi Kilombo ari bugere mu Burundi kuri uyu wa Gatandatu mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu. Ni amakuru yatangajwe n’Ibiro bya Perezida w’u Burundi mu itangazo dufitiye Kopi.

Ni urugendo rw’iminsi itatu ruzarangira ku wa Mbere. Saa tanu z’amanywa ku isaha y’i Kigali n’iy’i Gitega nibwo Tshisekedi araba ageze mu Burundi.

Kuri gahunda biteganyijwe ko ari bwakirwa na Minisitiri ushinzwe ububanyi n’amahanga mu Burundi witwa Amb Albert Shingiro.

Nyuma yo kuganirira muri Hotel yitwa Kiriri arakomereza mu Biro by’Umukuru w’u Burundi byitwa Ntare Rushatsi House aho ari buhure na mugenzi we Evariste Ndayishimiye.

Mu masaha  ashyira saa cyenda z’amanywa, Perezida Ndayishimiye arajyana na mugenzi we Tshisekedi gusura umupaka wa Gatumba nyuma ahe ikiganiro abanyamakuru.

Nyuma araza kwakirwa ku meza na Perezida Ndayishimiye.

Gahunda y’uruzinduko rwe ku munsi wa mbere

Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwa Perezida Tshisekedi mu Burundi ni ukuvuga kuri  iki Cyumweru taliki 22, Gicurasi, 2022 Perezida Felix Tshisekedi azajyanwa gusura urwibutso rw’ikibumbano cya Pierre Nkurunziza wayoboye u Burundi mbere ya Evariste Ndayishimiye kiri i Gitega, ashyireho n’indabo.

Nyuma y’iki gikorwa, azasura Ikigo cy’igihugu kigisha ubuhinzi n’ubworozi kitwa  l’Institut des Sciences Agronomiques et Zootechnique de Gitega (IRAZ).

Azasubira i Bujumbura saa kumi z’umugoroba.

Umunsi wa nyuma w’uruzinduko rwe mu Burundi ni ku wa Mbere taliki 23, Gicurasi, 2022.

Kuri uyu munsi azasura ahari imirima ihinze kijyambere hitwa i Buringa, ahagere saa tatu za mu gitondo.

Ni imirima y’umuceri ihinze kijyambere kandi y’amakoperative.

Ahandi bitagenyijwe ko azasura ni uruganda rukora ifumbire rwitwa FOMI (Fertilisants Organo-Minéraux Industries).

Ahagana saa sita z’amanywa nibwo biteganyijwe ko Perezida Felix Tshisekedi azarangiza urugendo rwe mu Burundi.

U Burundi na DRC bisanzwe bifitanye umubano…

N’ubwo nta buhahirane bihambaye buba hagati ya Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo n’u Burundi, ntibibuza ko ibi bihugu bigirana imikoranire.

Muri yo harimo ubucuruzi kandi kuba bihuza imipaka ni kimwe mu bituma Abakuru babyo bagomba kuganira ku ngingo zirimo n’iz’uko umutekano warushaho kunozwa.

Mu myaka yashize, u Burundi bwavugaga ko hari abarwanyi bava muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo bakaza kubuhangabanya.

DRC nayo yavugaga ko hari bamwe mu barwanyi bava mu mashyamba y’u Burundi bakajya ku butaka bwayo kuharwanira  ndetse bakiba n’amabuye y’agaciro y’iki gihugu.

Kuba Repubulika ya Demukarasi ya Congo iherutse kwemererwa kuba umunyamuryango wa EAC nabyo bishobora gutuma ubutegetsi bw’i Kinshasa butangira ingendo mu bihugu by’uyu Muryango mu rwego rwo kureba uko Kinshasa yakwagura imikoranire nabyo mu nzego zari zisanzwe cyangwa izindi zatekerezwaho.

TAGGED:BurundiCongoDRCEACfeaturedNdayishimiyeTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Biruta Yongeye Kuganira N’Abayobozi B’u Bwongereza Ku Bijyanye N’Abimukira
Next Article Canal + Rwanda Yagabanyije Ibiciro Ngo Yorohereze Abakiliya Kureba Shampiyona Zigeze Mu Mahina
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?