Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Mu Biganiro N’Abarwanya u Rwanda Baba Muri Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi Mu Biganiro N’Abarwanya u Rwanda Baba Muri Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 September 2023 8:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyarwanda bahagarariwe na Eugene Richard Gasana na Charles Kambanda baherutse guhura na Perezida wa DRC Felix Tshisekedi ari kumwe n’umugore we Denise Tshisekedi.

Gasana na Kambanda bagize itsinda ry’Abanyarwanda baba muri Amerika batavuga rumwe n’ubuyobozi bw’u Rwanda kandi basanzwe bakorana n’abanzi barwo barimo na FDLR.

Tshisekedi yahuye nabo mu gihe yari ari muri Amerika mu minsi ibihugu bigize UN bigomba guhurira i New York mu Ngoro yayo bikagira ibyo bitangariza isi.

Siyo nshuro ya mbere Tshisekedi ahuye n’abanga u Rwanda kubera ko bari barahuye no ku taliki 22, Gicurasi, 2023, baganira uko bahuza imbaraga n’imitwe irwanya u Rwanda kugira ngo bakureho Guverinoma iruyoboye.

Tshisekedi na Eugene Richard Gasana

Mu mezi yatambutse, Tshisekedi yigeze kuvuga ko yashyigikira abantu bose bashobora kumwitabaza ngo bakureho ubuyobozi bw’u Rwanda kuko ngo bukandamije abaturage.

Kuba aherutse guhura na Eugene Richard Gasana ni kimwe mu byerekana ko agikomeye kuri uwo mugambi.

Haba mu nama yabaye muri Gicurasi n’iyo aherutse kugirana na Gasana na Kambanda ndetse n’abandi, hose baganiriye uko bakorana n’indi mitwe ya politiki na gisirikare ndetse n’inyeshyamba kugira ngo bige uko bahungabanya u Rwanda.

Uwahaye amakuru The New Times ku ihura rya bariya bagabo, avuga ko bitari bikwiye ko Tshisekedi ajya muri Amerika imwe muri gahunda ze ari iyo guhura n’abantu badashakira amahoro igihugu gituranyi.

Ubwo Tshisekedi yageraga muri Amerika  mu minsi mike ishize, yabwiye abanyamakuru ko u Rwanda rukomeje kumubangamira, ariko ko muri iki gihe, igihugu cye cyatoje abasirikare ku rwego rwo hejuru k’uburyo uwagisagarira uwo ari we wese yaba yiyahuye!

Ibyo avuga abishingira ku ngingo y’uko hari abasirikare be bo mu mutwe udasanzwe bamaze iminsi batozwa n’ingabo z’amahanga kanidi DRC iherutse kugura mu Bushinwa drones z’intambara zo mu bwoko bwa CH-4.

Baziguze miliyoni $150.

Amakuru avuga ko igisirikare cya DRC kiri kuvugururwa kigahabwa n’ibikoresho bishya mu rwego rwo kwitegura intambara ikomeye ishobora kuzaduka muri Kivu y’Amajyaruguru vuba aha.

DRC:Imbarutso Niyo Ibura Ngo Intambara Ikomeye Irote

TAGGED:featuredIntambaraKagameKivuTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi W’Ishuri Arakekwaho Kunyereza Ibishyimbo By’Abana
Next Article Urubyiruko Ruributswa Ko Amahoro Ari Yo Majyambere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Icyizere Cy’Uko Ukraine Izatsinda Intambara Irwana N’Uburusiya Ni Gike

DRC: Abantu 40 Bapfiriye Mu Kirombe

Rwanda: Ibicurane Byakuye Bamwe Umutima, Minisanté Irahumuriza Abantu

Icyerekezo Minisiteri Y’Uburezi Ifite Ku Mubare W’Abarimu

Umuyobozi Wa Polisi Ashima Umusanzu W’Iya Eswatini 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Menya Uko u Rwanda Rwakiriye Amasezerano Yasinywe Hagati Ya Kinshasa Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Umutekano

Ruhango: Arakekwaho Kwicisha Nyirakuru Inkoni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Trump Ati: “BBC Ngomba Kuyirega Byanze Bikunze”

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

2.9% By’Abanyarwanda Bafite Diyabete:RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?