Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Mu Biganiro N’Abarwanya u Rwanda Baba Muri Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi Mu Biganiro N’Abarwanya u Rwanda Baba Muri Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 September 2023 8:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyarwanda bahagarariwe na Eugene Richard Gasana na Charles Kambanda baherutse guhura na Perezida wa DRC Felix Tshisekedi ari kumwe n’umugore we Denise Tshisekedi.

Gasana na Kambanda bagize itsinda ry’Abanyarwanda baba muri Amerika batavuga rumwe n’ubuyobozi bw’u Rwanda kandi basanzwe bakorana n’abanzi barwo barimo na FDLR.

Tshisekedi yahuye nabo mu gihe yari ari muri Amerika mu minsi ibihugu bigize UN bigomba guhurira i New York mu Ngoro yayo bikagira ibyo bitangariza isi.

Siyo nshuro ya mbere Tshisekedi ahuye n’abanga u Rwanda kubera ko bari barahuye no ku taliki 22, Gicurasi, 2023, baganira uko bahuza imbaraga n’imitwe irwanya u Rwanda kugira ngo bakureho Guverinoma iruyoboye.

Tshisekedi na Eugene Richard Gasana

Mu mezi yatambutse, Tshisekedi yigeze kuvuga ko yashyigikira abantu bose bashobora kumwitabaza ngo bakureho ubuyobozi bw’u Rwanda kuko ngo bukandamije abaturage.

Kuba aherutse guhura na Eugene Richard Gasana ni kimwe mu byerekana ko agikomeye kuri uwo mugambi.

Haba mu nama yabaye muri Gicurasi n’iyo aherutse kugirana na Gasana na Kambanda ndetse n’abandi, hose baganiriye uko bakorana n’indi mitwe ya politiki na gisirikare ndetse n’inyeshyamba kugira ngo bige uko bahungabanya u Rwanda.

Uwahaye amakuru The New Times ku ihura rya bariya bagabo, avuga ko bitari bikwiye ko Tshisekedi ajya muri Amerika imwe muri gahunda ze ari iyo guhura n’abantu badashakira amahoro igihugu gituranyi.

Ubwo Tshisekedi yageraga muri Amerika  mu minsi mike ishize, yabwiye abanyamakuru ko u Rwanda rukomeje kumubangamira, ariko ko muri iki gihe, igihugu cye cyatoje abasirikare ku rwego rwo hejuru k’uburyo uwagisagarira uwo ari we wese yaba yiyahuye!

Ibyo avuga abishingira ku ngingo y’uko hari abasirikare be bo mu mutwe udasanzwe bamaze iminsi batozwa n’ingabo z’amahanga kanidi DRC iherutse kugura mu Bushinwa drones z’intambara zo mu bwoko bwa CH-4.

Baziguze miliyoni $150.

Amakuru avuga ko igisirikare cya DRC kiri kuvugururwa kigahabwa n’ibikoresho bishya mu rwego rwo kwitegura intambara ikomeye ishobora kuzaduka muri Kivu y’Amajyaruguru vuba aha.

DRC:Imbarutso Niyo Ibura Ngo Intambara Ikomeye Irote

TAGGED:featuredIntambaraKagameKivuTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi W’Ishuri Arakekwaho Kunyereza Ibishyimbo By’Abana
Next Article Urubyiruko Ruributswa Ko Amahoro Ari Yo Majyambere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?